00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingaruka zitavugwa zo gutekesha amavuta inshuro nyinshi

Yanditswe na Migabo Panthera
Kuya 23 March 2026 saa 01:42
Yasuwe :

N’ubwo ibigo by’ubuzima byemeza ko amavuta yo guteka aba agomba kudakoreshwa inshuro zirenze ebyiri, hari restaurant zifata ayo mavuta zikayakoresha inshuro zirenga eshanu kandi ibyo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima.

Iyo utekesheje amavuta kenshi cyane cyane mu gihe ukaranga, bituma yangirika kandi akazamo ibinyabutabire byangiza nka acrolein, trans fat na free radicals. Ibi binyabutabire byangiza uruhu, kandi bikagushyira mu byago byo kurwara umutima na kanseri. Ayo mavuta aba yabaye nk’uburozi kandi nta ntungamubiri ziba zikirimo.

Kubera ko impumuro yayo iba yamaze gutakara, bituma ibiryo uyatekesheje bitagira icyanga kandi ukumva impumuro yabyo itari nziza.

Kimwe mu bintu bigena inshuro ushobora gukoresha amavuta ni ubwoko bw’ayo. Amavuta akoze mu bihwagari, ubunyobwa na canola aba afite ubushobozi bwo kwihanganira ubushyuhe, mu gihe amavuta ya olive na soya yangirika vuba.

Ibyo ariko ntibivuze ko na yo wayakoresha inshuro nyinshi kuko nta mavuta n’amwe aba agomba gukoreshwa inshuro zirenze eshatu.

Ubwoko bw’ibyo kurya watekesheje amavuta na byo bigena inshuro ushobora kuyakoresha. Nk’iyo wakoresheje amavuta ibintu byoroheje nk’imboga ushobora kongera kuyakoresha rimwe. Ariko iyo wayakoresheje ukaranga ifiriti n’ibindi bintu byinikwa mu mavuta, uba ugomba kumena ayasigaye ntiwongere kuyakoresha kuko aba yangiritse cyane kubera gutekwa ku bushyuhe bwo hejuru.

Ndabizi ko bigoye kumena amavuta, mu gihe uhisemo kongera gukoresha amavuta, nibura yayungurure kugira ngo avemo ibisigazwa by’ibyo kurya wayakuyemo. Na none ujye wirinda kuyabika igihe kinini kuko iyo amaze igihe abitse ajyamo udukoko dushobora kwangiza ubuzima bwawe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages