Ubwoko bw’urukingo Cameroun yashyikirijwe ni uruzwi nka RTS-S rwamaze kwemezwa no gukorerwa isuzuma ku rwego mpuzamahanga.
Dr Shalom Tchokfe ushinzwe gahunda y’inkingo muri Cameroun, yatangaje ko izo nkingo zigiye gufasha mu kugabanya 35% by’imibare y’abantu bapfaga buri mwaka bishwe na Malaria.
Inkingo Cameroun yahawe zizakoreshwa mu turere 42, mu gihe icyo gihugu gifite uturere 203. Mu ba mbere bazahabwa izi nkingo ni abana bafite hagati y’amezi atandatu n’amezi 24. Kugira ngo urukingo byemezwe ko rwakoze, ni uko umuntu aruhabwa inshuro enye.
OMS igaragaza ko buri mwaka abantu 11 000 bicwa na Malaria muri Cameroun, nk’uko RFI yabitangaje.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!