00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuki ab’igitsina gabo ari bo biyahura cyane mu Rwanda?

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 12 December 2022 saa 06:35
Yasuwe :

Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko agahinda gakabije, ari imwe mu mpamvu ziza ku isonga mu zisunikira abantu kwiyahura, ku buryo ugafite iyo ataganirijwe hakiri kare ngo afashwe, bishobora kumuviramo kwiyambura ubuzima.

Mu Rwanda, imibare igaragaza ko ab’igitsinagabo biyahura ari bo benshi ugereranyije n’abakobwa cyangwa abagore biyambura ubuzima biturutse ku mpamvu zitandukanye.

Imibare y’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, igaragaza ko abantu biyahuye mu 2019/2020 ari 291, naho mu mwaka wa 2020/2021 bakaba 285.

Igiteranyo cy’abiyahuye muri iyo myaka ni 576, ariko abagera kuri 472 muri bo ni igitsinabagabo,naho 104 bakaba abagore.

Ibi bivuze ko abagabo 82% aribo biyahuye, naho 18% bakaba abagore.

Umujyanama mu buzima bw’imitekerereze n’imyitwarire, Nyandwi Daniel aganira na IGIHE yavuze ko mu miterere y’abagabo banga kuvuga ku bibazo byabo kugira ngo batagaragara nk’abanyantege nke, ibituma bagira agahinda kenshi ntibavuge, bikaba kimwe mu bibaviramo kwiyahura ari benshi.

Ati “Mu miterere y’abagabo, bakunda kwigenga akumva ko nta wundi muntu agomba kwishingikirizaho, akumva ko ibyemezo bye agomba kubifata nta muntu n’umwe agishije inama.”

Nyandwi kandi avuga ko iyi miterere y’abagabo iri mu bituma iyo bageze mu bibazo bibahungabanya mu mitekerereze harimo nk’amakimbirane yo mu miryango, gutakaza abantu bari babafitiye akamaro, gutakaza imitungo yabo, uburwayi budakira n’ibindi, ngo hari abahitamo kutabivugaho bagafata icyemezo cyo kwiyahura.

Indi mpamvu igaragazwa nk’ituma abagabo barengwa n’agahinda gakabije ntibabigaragaze ni imwe mu myumvire itari yo ku muco nyarwanda, aho hari abagitekereza ko amarira y’umugabo atemba ajya mu nda, ku buryo umugabo ugaragaje agahinda ke akaba yanarira hari abamufata nk’ikigwari.

Nyandwi agira inama umuntu wese ko igihe ageze mu bihe by’amakuba bigahungabanya ubuzima bwe bw’imitekerereze, akwiriye kugana abajyanama mu mitekerereze bakamufasha.

Ati “Inama dutanga rero ku bantu bose muri rusange, ni uko mu gihe bahuye n’ibihe twakwita iby’amage cyangwa se ibihe bidasanzwe wenda byabahungabanyije mu bijyanye n’imitekerereze, mu bijyanye n’imibereho ya buri munsi, tubagira inama y’uko bagomba kugana abaganga bashinzwe ibijyanye n’iby’imitekerereze kugira ngo babe babafasha.”

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, igaragaza ko ku Isi, nibura abantu 800000 bapfa biyahuye ku mwaka kandi abenshi muri bo ari abagabo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages