00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni ku myaka ingahe umwana akwiye gutangira gukoresha ‘Smartphone’?

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 1 December 2025 saa 09:37
Yasuwe :

Ikoreshwa rya telefoni mu bana bato cyane cyane izigezweho zizwi nka ‘Smartphones’ aho bashobora kujya ku mbuga nkoranyambaga ndetse ibyo babonaho bitajyanye n’imyaka yabo bikabahungabanya mu mutwe, ni kimwe mu bibazo bihangayikishije u Rwanda n’Isi muri rusange.

Imwe mu mpamvu zituma gihangayikishije ni uko umwana aba ataragira ubwenge bwo gushungura amakuru yabonye ku mbuga nkoranyambaga ngo amenye ukuri, ibituma ashobora kwigana ingeso mbi yabonye kuri izo mbuga nk’ubusinzi, ubusambanyi, kwiyambika mu buryo budahwitse n’ibindi bibi, ibishobora kumugiraho ingaruka zirimo agahinda gakabije kanamutera no kwiyahura.

Yifashishije raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Inzobere mu mitekerereze no kwita ku buzima bwo mu mutwe, Rulinda Kwizera, yakebuye ababyeyi bareresha abana telefoni ababwira ko ari ukubica mu mutwe, anakomoza ku masaha umwana adakwiye kurenza akoresha telefoni bitewe n’imyaka afite.

Yabigarutseho ku wa 28 Ugushyingo 2025 mu Mujyi wa Kigali, ubwo yari mu batangaga amahugurwa yahawe ababyeyi bafite abana bato, bahuguriwe kubaha uburere bwiza babarinda imikoreshereze mibi y’ibikoresho by’ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga. Aya mahugurwa yateguwe n’Umuryango Hope For Young, utanga ibisubizo mu Rwanda ku mikoreshereze myiza y’ikoranabuhanga.

Rulinda Kwizera yagaragaje ko uretse kuba umwana yaba ari kuvugana n’abo mu muryango we, ubundi uri munsi y’imyaka ibiri adakwiye guhabwa telefoni.

Ati ‘‘Umwana muto ntumuhe telefoni […] kuva ku mwana w’imyaka ibiri kugeza ku myaka itandatu, isaha imwe ku munsi iba ihagije gukoresha telefoni, ayikoresha nabwo yiga.’’

Iyo raporo ya OMS kandi igaragaza ko umwana w’imyaka itandatu kugeza kuri 12 aba adakwiye gutunga ‘Smartphone’ ye bwite, gusa igihe yakoresha indi nk’iy’umubyeyi we hakagenzurwa ibyo ayikoreraho ku buryo agira ibyo abuzwa kureba ko bitajyanye n’imyaka ye.

Ni mu gihe umwana w’imyaka 13 kugeza kuri 17 aba ashobora gutunga ‘Smartphone’ ye ariko agahabwa amabwiriza y’uko ayikoresha, urugero akabwirwa ko atagomba kuyikoresha mu masaha yo kurya n’ayo kuryama.

Ikindi ni ukumushishikariza gushyira imbaraga mu gukora ibindi akunda bimufitiye umumaro ariko akabikora adafite ‘Smartphone’. Urugero ni nko gukora imyitozo ngororamubiri, gusubiramo amasomo, gusabana n’inshuti ze n’ibindi byiza.

Iyo umwana adahawe ayo mabwiriza y’uko yakoresha telefoni akisanga yarabaswe no kuyikoresha, bimugiraho ingaruka zirimo kubura ibitotsi, kwibasirwa n’agahinda gakabije, kwisanga mu bigare bibi, gusubira inyuma mu ishuri, kuba yasambanywa n’abamushukira ku mbuga nkoranyambaga, n’ibindi bibi.

Umunyamategeko Ruton Ndasheja Sonia, akaba ari na we wagize igitekerezo cyo guhugura ababyeyi nyuma y’uko mu minsi yashize yanahuguye abana, yavuze ko yabikoze nk’umuhamagaro nyuma yo kubona ko ingaruka zigera ku bana kubera imikoreshereze mibi y’imbuga nkoranyambaga, ari ikibazo gihangayikishije Isi yose kandi na we akaba ari umubyeyi.

Ati ‘‘Umwana wanjye wa mbere nabonaga ntari bumuhe telefoni munsi y’imyaka 16, ariko na bwo nkasanga kuyimwima kandi abandi bayifite na byo ni ikibazo. Ntangira aya mahugurwa naravugaga ngo ni iki nakora? Reka nshake inzobere zindi zibivuge, kugira ngo umwana yumve ko atari njye njyenyine ufite ikibazo.’’

Inzobere mu bijyanye n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga, Robert Fort Nkusi, yavuze ko nanone bidakwiye ko umwana umuca ku ikoranabuhanga burundu ngo umubuze nko gukoresha telefoni, kuko igihe yazayibonera mu bwihisho ashobora kuyikoresha nabi kurushaho bikamugiraho ingaruka mbi, ashishikariza ababyeyi ko ahubwo bakwiye kuba maso bakerekera abana uko bazikoresha neza.

Umunyamategeko Ruton Ndasheja Sonia, yahagurukiye guhugura abana n'ababyeyi, mu kwirinda imikoreshereze mibi y'ikoranabuhanga igira ingaruka mbi ku bana
Inzobere mu mitekerereze no kwita ku buzima bwo mu mutwe, Rulinda Kwizera, ari mu bahuguye ababyeyi ku kuntu barera abana babarinda imikoreshereze mibi y'ikoranabuhanga
Umukozi wa UNICEF, Denyse Amahirwe, yavuze ko mu 2024 muri Kigali hari umwana w'umukobwa w'imyaka 11 witwikishije ipasi anikebesha urwembe ashaka kwiyahura,nyuma y'abamututse kuri murandasi
Ababyeyi bahuguriwe kurinda abana imikoreshereze mibi y'ikoranabuhanga, basabwe no kugeza ubutumwa ku bandi babyeyi batari bahari, mu kurinda abana benshi dore ko ari bo Rwanda rw'Ejo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages