Ibi byagaragaje ko kwandura bitaturutse ku babyeyi banduza abana babo, ahubwo byatewe n’ikoreshwa ry’inshinge zanduye inshuro zirenze imwe mu gihe cyo gutanga ubuvuzi.
Kugira ngo ibi bimenyekanye, abanyamakuru bafashe amashusho mu ibanga imbere mu bitaro bya Leta, THQ Taunsa, biherereye muri ako gace mu mpera za 2025.
Bafashe abakozi bo kwa muganga bongera gukoresha inshinge [syringes] ku macupa y’imiti ihabwa abantu batandukanye inshuro 10 zitandukanye. Muri zo, inshuro enye, umuti wabaga ugiye guhabwa undi mwana mushya.
Ayo mashusho yafashwe mu ibanga, yagaragaje abakozi b’ibitaro batera inshinge abarwayi inshuro 66 bakoresheje intoki zabo gusa batambaye ‘gants’ zo kwa muganga.
Hari n’aho umuforomokazi yagaragaye arimo gushakisha ikintu mu kimoteri kijugunywamo imyanda yo kwa muganga akoresheje intoki ze.
Iyi mikorere yuje umwanda yari yaragarutsweho na mbere muri raporo y’ubugenzuzi yahuriweho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, n’iryita ku Buzima, OMS, yo muri Mata 2025, yavugaga ko abaforomo barangwaga n’ibikorwa by’umwanda ndetse bakongera gukoresha imwe mu miti mu buryo budakwiye.
Abaganga basobanura ko biterwa n’ibura ry’ibikoresho byo kwa muganga, bigahatira abakozi b’ibitaro gukoresha inshuro nyinshi, igikoresho cyagenewe gukoreshwa inshuro imwe.
Hari kandi n’umuco wakwirakwiye muri iki gihugu, aho abarwayi basaba guterwa inshinge aho guhabwa imiti inyobwa.
Iri sanganya ryashegeshe imiryango, nk’uw’umukobwa w’imyaka 10 witwa Asma ubu ufite iyi virusi, ukomeje guhura n’akato mu muryango mugari, mu gihe musaza we w’imyaka umunani yitabye Imana.
Iyi mikorere idahwitse yo mu bitaro yatahuwe n’itsinda ry’abakora inkuru zicukumbuye, BBC Eye, ryamaze amasaha 32 rifata amashusho mu ibanga, imbere muri ibi bitaro.
Ubwo abanyamakuru berekaga umuyobozi mushya w’ibitaro, Dr Qasim Buzdar, aya mashusho yafashwe mu ibanga yanze kwemera ko ari impamo, avuga ko ari amahimbano cyangwa se akaba yarafashwe kera mbere y’uko ahabwa inshingano zo kuyobora ibi bitaro.
We yemeza ko ibitaro bifite umutekano usesuye, abwira ababyeyi bo muri ako gace ko bakwiye gukomeza kubigirira icyizere bakazana abana babo kubyivurizamo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!