Ku wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi, ubwato bw’ikigo cya Ambassador Cruise Line bwahagaze mu Mujyi wa Bordeaux burimo abagenzi barenga 1.700.
Abari muri ubwo bwato [barimo n’abakozi babwo] bangiwe kubusohokamo nyuma y’uko uwo mugenzi wari ugeze mu zabukuru yitabye Imana azize ibyacyetswe ko ari ‘norovirus’ nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Bwongereza birimo The Guardian na The Times, n’icyo mu Bufaransa cya France 24.
Ibi binyamakuru byatangaje ko abandi bagenzi bagera kuri 50 bagaragazaga ibimenyetso by’iki cyorezo cyandura vuba cyane. Abagenzi benshi ni abakomoka mu Bwongereza no muri Irlande.
Ubu bwato bwahagurutse mu Birwa bya Shetland muri Écosse ku wa 6 Gicurasi, buhagarara mu mijyi ya Belfast na Liverpool mu Bwongereza, no mu Mujyi wa Brest mu Bufaransa mbere yo kugera i Bordeaux.
Nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’ubuvuzi cya Mayo Clinic, norovirus ishobora gutera kuruka cyane no gucibwamo mu buryo butunguranye.
Iki kigo gikomeza kivuga ko akenshi iki cyorezo gikwirakwira binyuze mu biribwa cyangwa amazi yandujwe mu gihe cyo kubitegura cyangwa binyuze ku bintu byanduye.
Kiti “Norovirus ishobora no gukwirakwira binyuze mu guhura n’umuntu wanduye.”
Nubwo abantu benshi bakira badahawe ubuvuzi bwihariye, abana bato, abageze mu zabukuru n’abarwayi basanzwe bafite ibindi bibazo by’ubuzima, bashobora guhura n’ikibazo gikomeye cyo kubura amazi mu mubiri bikaba ngombwa ko bitabwaho byihariye n’abaganga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!