Uyu muti uzwi nka Lenacapavir, wamaze kugera ku bantu batandukanye bo mu bihugu icyenda bya Afurika. Global Fund yavuze ko iri muri gahunda yo kwagura aho uwo muti ugera ku buryo ibindi bihugu 12 nabyo biwuhabwa.
Ibyo bihugu birimo Repubulika y’Abadomikani, Fiji, Indonesia, Maroc, u Rwanda na Thailand.
Muri Nyakanga umwaka ushize, Global Fund, yagiranye na Gilead ikora umuti wa Lenacapavir, amasezerano agamije gutanga doses nibura miliyoni ebyiri mu gihe cy’imyaka itanu mu bihugu bikennye.
Umuryango Mpuzamahanga w’Abaganga batagira umupaka, Médecins Sans Frontières, wavuze ko gukwirakwiza uyu muti ari ingenzi, ariko ko abantu bazawuhabwa ari bake ugereranyije n’abawukeneye.
Lenacapavir ni umuti uterwa mu rushinge, umuntu akawuhabwa inshuro ebyiri mu mwaka. Ufasha umubiri w’umuntu wawuhawe kutandura agakoko ka Virusi itera Sida.
Iyo Virusi itera Sida igerageje kwinjira mu mubiri w’umuntu wawuhawe, urema uturemangingo twica bwangu iyo virusi. Bivuze ko icyo gihe Virusi iba idashobora kuba yakura, yakwirakwira mu maraso kuko iba yapfuye.
Uyu muti ni ingenzi kurusha ibinini byari bisanzwe bifatwa kuko byo umuntu aba asabwa kubifata buri munsi, mu gihe ibindi byo ari urushinge rumwe umuntu aterwa mu mezi atandatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!