00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwatangiye gutanga urukingo rwa ‘Hépatite B’ ku bana bakivuka

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 3 January 2026 saa 02:57
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatangaje ko u Rwanda rwongeye urukingo rw’indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B (hépatite B) kuri gahunda y’inkingo zihabwa umwana ukivuka.

RBC ivuga ko uru rukingo ruzajya ruhabwa umwana wese uvutse bitarenze amasaha 24 mu rwego rwo kumwongerera ubudahangarwa bumurinda kwandura iyi ndwara y’umwijima no kuzahazwa na yo.

Indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B ni indwara ikomeye iterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa virusi. RBC ivuga ko abantu benshi barwaye iyi ndwara bayandujwe n’ababyeyi mu gihe bavuka.

Mu itangazo yashyize hanze, RBC yasobanuye ko ibigo nderabuzima byoze byamaze guhabwa ubushobozi n’ibikoresho bizifashishwa kugira ngo gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B izashyirwe mu bikorwa neza.

RBC yagize iti “Kugira ngo iyi gahunda izashyirwe mu bikorwa neza, ibigo nderabuzima byose byo mu gihugu byahawe ubushobozi n’ibikoresho bizabafasha kubika neza no gutanga inkingo z’iyi ndwara ku mwana wese wavutse mu gihe kitarenze amasaha 24 ndetse n’uwaba yavukiye hanze y’ivuriro agafashwa. Abaganga kandi bahawe amahugurwa ahagije ku buryo bwo gutanga inkingo.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kivuga ko mu bana bandura iyi ndwara bakivuka, 95% bibaviramo uburwayi bw’umwijima budakira ari byo bishobora kuba intandaro yo kurwara urushwima na kanseri y’umwijima, ikagaragaza ko guha umwana urukingo akimara kuvuka ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kumurinda kuba yakwandura iyi ndwara.

Imibare ya CDC igaragaza ko abasaga miliyoni 296 hirya no hino ku Isi barwaye indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B budakira. Buri mwaka ihitana abarenga miliyoni imwe.

RBC ivuga ko u Rwanda rwateye intambwe igaragara mu guhashya iyi ndwara binyuze muri gahunda y’ikingira, gusuzuma abantu benshi no kuyivura ku buntu.

Mu Rwanda imibare igaragaza ko abarwaye indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B bari ku kigero cyo hasi kuko bangana na 0,26%. Ni mu gihe rufite intego yo kurandura burundu iyi ndwara mu 2030.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages