Abakoze ubushakashatsi bavuga ko byibura umuntu aba akwiriye koga mu mutwe inshuro eshanu cyangwa esheshatu mu cyumweru, kuko bituma uruhu rwo ku mutwe rumera neza ndetse n’umusatsi ugakura neza.
Nubwo abashakashatsi bavuga ko uburyo bwo koga mu mutwe buterwa n’ubwoko bw’umusatsi umuntu afite, bavuga ko impungenge zo kutoga mu mutwe nta shingiro zifite.
Uretse ubu bushakashatsi, Dr. Shilpi Khetarpal, umuganga w’inzobere ku ruhu wo mu ivuriro rya Cleveland, na we arabyemeza. Yavuze ko koga mu mutwe kenshi bigabanya kwangirika k’uruhu rwo mu mutwe.
Dr. Khetarpal kandi yavuze ko koga mu mutwe ukoresheje shampoo birinda kuzana imvuvu, bikarinda uruhu bacterie zimwe na zimwe bitewe n’uko ifasha mu kugabanya amavuta akorwa n’umubiri aza mu mutwe.
Yagize ati “Ibi biterwa n’uko shampoo ifasha mu kugabanya amavuta akorwa n’umubiri (Sebum) atuma umusatsi uhehera akanarinda uruhu rwo ku mutwe bacterie zimwe na zimwe, ariko iyo abaye menshi ashobora gutera imvuvu, guca umusatsi cyangwa uruhu rwo ku mutwe rukabyimba.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!