00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuntu umwe mu 10 ahitanwa no kunywa itabi

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 6 April 2017 saa 09:16
Yasuwe :

Raporo nshya ku bijyanye n’ibyorezo bihangayikishije isi, yagaragaje ko nubwo hashize igihe kinini hashyizweho amabwiriza ajyanye no kugenzura ikoreshwa ry’itabi, mu bantu 10 bapfa, umwe azira kurinywa.

Iyi raporo yitwa The Global Burden of Diseases, yasohotse mu kinyamakuru cy’ubuzima, The Lancet yibanze ku kureba uko kunywa itabi bihagaze mu bihugu 195 ku isi kuva mu 1990-2015.

Abakoze ubushakashatsi basanze mu 2015, abagera kuri miliyari imwe baranywaga itabi buri munsi; benshi mu barinyweye bakaba ari abo mu Bushinwa, u Buhinde, u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu mubare ukaba wariyongereye cyane ugereranyije no mu 1990 aho bari miliyoni 840, ibi ariko bikaba binafitanye isano n’ubwiyongere bw’abaturage muri rusange.

Iyi raporo igaragaza ko kandi mu 2015, umubare w’abahitanwe n’ibibazo biterwa no kunywa itabi ari miliyoni 6.4, bakaba bariyongeyeho 4.7% ugereranyije no mu 1990.

Dr Emmanuela Gakidou, umwe mu bagize itsinda ryakoze iyi raporo yavuze ko hari ibihugu bimwe na bimwe byagiye bibasha kugabanya umubare w’abanywa itabi binyuze mu kuzamura imisoro, muri byo hakaba harimo Brazil yavuye kuri 29% igera kuri 12% ku bagabo, n’aho abagore bava kuri 19% bagera kuri 12%.

Ni mu gihe mu Burusiya ho umubare wazamutseho 4%, ndetse ubu bwiyongere bukaba bukomeje kugaragara mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ahanini biturutse ku kuba abakora itabi ariryo soko bahanze amaso.

Nubwo mu Rwanda nta mubare uzwi w’abantu bahitanwa n’indwara zituruka ku itabi, ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima mu myaka ine ishize bwerekanye ko abagera kuri 13.9% bafite hagati y’imyaka 15-64 barinywa.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages