Ubushakashatsi bwabo bwakorewe ku bantu 125 barwaye COVID-19, bose bavuwe hakoreshejwe remdesivir nubwo ari umuti utaremezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kuvura indwara iyo ariyo yose.
Muri abo barwayi 125 bakoreweho ubushakashatsi, 113 bari bafite ibimenyetso bikomeye, bisobanuye ko bananirwaga guhumeka.
Umwarimu mu Ishami ry’Ubuvuzi muri iyi kaminuza, Kathleen Mullane, yavuze ko benshi muri abo barwayi bahise boroherwa ku buryo bashobora gusezererwa mu bitaro, babiri gusa nibo bapfuye.
Nubwo ariko bimeze, ntabwo ibi byafashwe nk’umwanzuro wa nyuma ku bushobozi bw’uyu muti, ahubwo iperereza riracyakomeje kugira ngo harebwe imikorere yawo. Aba bashakashatsi batangaza ko gufata umwanzuro wa nyuma kuri uyu muti iki gihe byaba bije imburagihe.
Uyu muti wari wakozwe na sosiyete ikora iby’imiti yitwa Gilead nk’umwe mu ishobora kuba yavura Ebola, gusa igeragezwa rya mbere ntabwo ryigeze ritanga umusaruro wari witezwe bituma ugenzwa buhoro.
Gusa ubushakashatsi bumaze iminsi bukorwa bugaragaza ko uyu muti ufite ubushobozi bwo guhangana n’agakoko ka Coronavirus ko mu bwoko bwa SARS na MERS kurusha uko wahangana na Ebola.
Ubwo COVID-19 iterwa na Coronavirus yagaragaraga, abashakashatsi batangiye gukoresha uyu muti mu kuvura iyi ndwara nshya. Kuko utemewe mu kuvura indwara iyo ariyo yose, abaganga ntibashobora kuwufata gutyo gusa ngo bawukoreshe mu kuvura umurwayi wa COVID-19.
Icyo bakora ni uko basaba abawukoze ko bawukoresha mu kuvura umuntu urwaye udafite andi mahitamo yo kwitabwaho.



















TANGA IGITEKEREZO