Ibi byatangajwe ku wa 20 Gicurasi 2026, n’Umujyanama muri OMS, Dr. Vasee Moorthy.
Yavuze ko hari inkingo ebyiri bari kugerageza zo kurwanya icyorezo iyi virusi ya Ebola.
Umuntu wa mbere wishwe n’iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yapfiriye mu Mujyi wa Bunia, Intara ya Ituri tariki ya 24 Mata 2026 ariko byemejwe ko iki cyorezo cyamwishe hashize ibyumweru bitandatu.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko abarenga 600 bamaze kwandura Ebola abandi bagera kuri 139 bicwa n’iki cyorezo.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Genève mu Busuwisi, mu nama yiga ku buzima ku rwego rw’Isi iri kuba ku nshuro ya 79 kuva ku itariki 18-23 Gicurasi 2026.
Yavuze ko hari abandi barwayi 51 bagaragaweho icyorezo cya Ebola muri RDC ndetse n’abandi babiri muri Uganda.
Iyi virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo virus yabonetse bwa mbere muri Uganda mu 2007-2008, yandura abantu 149, yica 37. Mu 2012 yagaragaye muri RDC mu gace ka Isiro, yandura abantu 57, yica 29.
Ku wa 17 Gicurasi 2026, nibwo OMS yatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri RDC na Uganda gihangayikishije ku rwego rw’Isi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!