00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanduye Coronavirus biyongereyeho 3 baba 147, umurwayi umwe ari kongererwa umwuka

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 19 April 2020 saa 09:58
Yasuwe :

Abanduye Coronavirus mu Rwanda bageze ku 147 nyuma yuko kuri iki Cyumweru habonetse abandi bantu batatu bashya bayisanganywe mu bipimo 722 byafashwe; mu gihe umubare w’abamaze gukira wiyongereyeho barindwi uba 76.

Umurwayi wa mbere wa Coronavirus yabonetse mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, mu gihe abantu ba mbere basezerewe mu bitaro ku wa 5 Mata 2020.

Kuva icyo gihe mu Rwanda hamaze kuboneka abantu 147 basanzwemo icyorezo cya COVID-19 giterwa n’agakoko gashya ka Coronavirus.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 19 Mata 2020 rivuga ko “abanduye ni 147 barimo batatu bashya. Abakize ni 76 [barimo barindwi bashya].’’

Abaturarwanda bibukijwe ko ari ingenzi gutanga amakuru kuko “umuntu wese wanga gutanga amakuru arebana n’abahuye n’umurwayi wa Coronavirus cyangwa agahisha ibimenyetso byayo aba yashyize ubuzima bwa benshi mu kaga kandi abihanirwa n’amategeko.’’

Ubwiyongere bw’umubare w’abamaze gukira nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu mibiri yabo bwatumye umubare w’abamaze gukira uruta uw’abasigaye bakurikiranwa kwa muganga.

Mu bantu 147 basanzwemo Coronavirus, abagera kuri 76 barakize, bivuze ko mu bitaro hasigayemo 71.

Minisante itangaza ko abarwayi bavurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa ariko umwe ari kongererwa umwuka.

Itangazo rivuga ko “Umurwayi umwe ari kongererwa umwuka mu rwego rwo kwirinda ko aremba.’’

Mu gihe hashize ibyumweru bisaga bine Abanyarwanda basabwe kuguma mu ngo, ibikorwa bimwe bigafungwa usibye za farumasi n’amasoko y’ibiribwa. Inama y’Abaminisitiri iherutse kongera igihe cyo kubahiriza ingamba zirimo kuguma mu ngo kugeza ku wa 30 Mata.

Abanyarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane ku gukaraba intoki kenshi no kuguma mu rugo, kwambara udupfukamunwa ku bavuye mu rugo no mu gihe uri mu bantu benshi nko mu nsisiro n’ahatuye imiryango myinshi.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.

Umuntu wese ashobora kwipimisha akoresheje telefoni akanda *114# agakurikiza amabwiriza. Ugaragaza ibimenyetso bya Coronavirus asabwa guhamagara telefoni itishyurwa ya 114, cyangwa akohereza ubutumwa bwa WhatsApp kuri +250788202080 cyangwa akitabaza umujyanama w’ubuzima umwegereye.

Abantu barindwi bakize Coronavirus mu Rwanda, abayanduye biyongeraho batatu bagera ku 147

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages