Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa Gatatu rivuga ko abarwayi bose uko ari 13 bakuwe mu bice bya Rusizi no ku Rusumo.
Rikomeza rivuga ko ‘‘Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa.’’
- Abanduye ni 476 (Barimo 13 bashya)
- Abakize ni 307 (Barimo barindwi bashya)
- Abakirwaye ni 167
- Abantu babiri bamaze kwitaba Imana
- Ibipimo bimaze gufatwa ni 82 239 (Ibipimo bishya 2110)
Umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaye mu Rwanda ku wa 13 Werurwe 2020, kuva icyo gihe hamaze kuboneka 476 banduye mu bipimo 82 239 bimaze gufatwa, 307 barayikize mu gihe 167 bakirwaye naho babiri barimo umushoferi n’umupolisikazi bitabye Imana.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Abaturarwanda muri rusange basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
10.06.2020 – Covid-19 Coronavirus
Amakuru Mashya | Update | Mise à Jour*Abarwayi bashya bagaragaye muri Rusizi na Rusumo. Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa
*The new cases relate to the Rusizi and Rusumo clusters, they have been isolated and contacts traced pic.twitter.com/VOIzAEL3le— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) June 10, 2020



















TANGA IGITEKEREZO