Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 4 Mata 2021, ryerekana ko abarwayi bashya biganjemo abakuwe mu Majyepfo y’u Rwanda. Mu Karere ka Huye hasanzwe 90, Gisagara [75], Ruhango [23], Nyaruguru [18], Nyanza [8], Umujyi wa Kigali [7], Nyamagabe [6], Bugesera [5], Rwamagana [2], Rusizi [2] mu gihe Uturere twa Rubavu, Rutsiro na Kayonza muri buri gace hasanzwe umurwayi umwe wanduye Coronavirus.
Kuva mu Rwanda haboneka umurwayi wa Coronavirus muri Werurwe 2020, abantu 22.482 banduye iki cyorezo mu bipimo 1.177.519 bimaze gufatwa. Abakize ni 20.519 mu gihe abakiri kwitabwaho n’abaganga mu bitaro no mu ngo abo ari 1.652.
Kugeza ubu abarwayi bane ni bo barembye aho bari gukurikiranwa byihariye mu gihe abagera kuri 311 bamaze kwitaba Imana.
U Rwanda rumaze gukingira abaturage barwo 348.926 ndetse ibi bikorwa birakomeje aho biteganyijwe ko ibindi byiciro bizahabwa urukingo mu minsi iri imbere.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kugura inkingo ibihumbi 500 za AstraZeneca zikorwa n’Ikigo cyo mu Bwongereza gicuruza imiti cya AstraZeneca Plc, bikaba byitezwe ko zizagera i Kigali mu minsi iri imbere.
Ntabwo hatangajwe igihe izo nkingo zizagerera mu Rwanda gusa IGIHE yamenye ko izigera ku bihumbi 500 zaguzwe $ 1.650.000, akabakaba 1.568.000.000 Frw.
Izi nkingo ibihumbi 500 ziziyongera ku zindi ibihumbi 744, u Rwanda ruzahabwa muri gahunda ya Covax, nazo zikaba zitegerejwe kugera mu gihugu.
04.04.2021 Amakuru Mashya | Update pic.twitter.com/k41HbyXqRo
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) April 4, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!