Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 21 Ukwakira 2021, rigaragaza ko abishwe na COVID-19 ari umugore umwe w’imyaka 99 w’i Kayonza n’umugabo umwe w’imyaka 75 wo mu Karere ka Nyamasheke.
Kuri uyu wa Kane kandi abantu 36 ni bo banduye, umubare uri ku ijanisha rya 0.5%.
Akarere ka Ngororero ni ko kabonetsemo abarwayi benshi [12], Nyamasheke ni batanu, Muhanga ni batatu mu gihe mu Mujyi wa Kigali, no mu Turere twa Gakenke, Gatsibo na Ruhango habonetse abanduye babiri gusa muri buri gace.
Kuri uyu munsi kandi nta barwayi bashya binjijwe mu bitaro ndetse nta wasezerewe nyuma yo gukira. Abarwayi babiri ni bo barembye, bakaba bari guhabwa ubuvuzi bwihariye.
Igabanuka ry’abarwayi ahanini rigendana n’imbaraga zashyizwe mu gukingira umubare w’abantu benshi uko inkingo zigenda ziboneka.
Kuva ibikorwa byo gutanga inkingo za COVID-19 byatangira ku wa 5 Werurwe 2021, abaturarwanda 1.750.084 bamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye [ubariyemo 5.147 bahawe dose ya kabiri uyu munsi] mu gihe 3.529.117 bamaze guhabwa dose imwe barimo 94.427 bahawe dose ya mbere uyu munsi.
21.10.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'umugore 1 n'umugabo 1 bitabye Imana / Condolences to families of a woman and a man who passed away / Condoléances aux familles d'une femme et un homme qui sont décédés pic.twitter.com/GOorLhOC2g
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) October 21, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!