Abarwayi bashya basanganywe COVID-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus ku butaka bw’u Rwanda barimo abakuwe mu duce dutandukanye tw’igihugu turimo n’Umujyi wa Kigali wabonetsemo 22.
Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa Mbere rivuga ko abo barwayi bashya barimo ab’i Kigali 22 (barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko), mu Karere ka Nyabihu hagaragaye umunani (itsinda ry’abafungiye muri za kasho), i Nyamasheke ni batandatu mu gihe Rusizi ari batanu.
Umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, kuva icyo gihe hamaze kuboneka 1378 [barimo 41 bashya] bayanduye mu bipimo 186 674 bimaze gufatwa, 710 [barimo 26 bashya] barayikize mu gihe 664 bakirwaye naho bane bitabye Imana.
Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Mujyi wa Wuhan mu Bushinwa mu Ukuboza 2019; kuri ubu 13 163 622 bamaze kuyandura ku Isi yose, barimo 573 472 yahitanye mu gihe 7 664 861 bamaze kuyikira.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
13.07.20 – Covid-19 Amakuru Mashya | Update
*Kigali:22 (barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko/includes high-risk isolated cluster), Nyabihu:8 (itsinda ry'abafungiye muri za kasho/cluster of police station detainees), Nyamasheke:6, Rusizi:5 pic.twitter.com/FUmoAVCHTX
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) July 13, 2020



















TANGA IGITEKEREZO