Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 11 Kanama 2021, rikomeza rivuga ko mu bitabye Imana harimo abagore umunani n’umugabo umwe.
Uyu munsi kandi hafashwe ibipimo 11.270, bituma abamaze gupimwa bose bagera ku 2.188.881, naho abamaze kwandura Covid-19 mu minsi irindwi ishize ni 4.254.
Kuri uyu wa Gatatu kandi abantu 48.660 bahawe dose ya mbere y’urukingo rwa Covid-19. Mu gihe kuva ibikorwa byo gukingira byatangira kuri ubu hamaze gukingirwa 729.130.
Minisiteri y’Ubuzima ikomeje gusaba Abaturarwanda bose gukomeza kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima arimo kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune kandi kenshi ndetse no kwirinda kuba ahantu hafungiranye.
11.08.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 8 n'umugabo 1 bitabye Imana / Condolences to families of 8 women and 1 man who passed away / Condoléances aux familles de 8 femmes et 1 homme qui sont décédés pic.twitter.com/8khjLE3fc7
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 11, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!