Umurwayi wa mbere wa COVID-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus yabonetse mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, yari Umuhinde ukorera rimwe mu mashami ya Loni mu gihugu wari uvuye mu Mujyi wa Mumbai.
Kuva icyo gihe imibare yerekana ko abantu 7105 bamaze kwandura mu gihe 6089 basezerewe mu bitaro nyuma yo gukira ndetse ibipimo bikerekana ko nta virusi bagifite mu mibiri yabo.
Mu bitaro byita ku barwayi ba Coronavirus wongeyeho abavurirwa mu ngo, hari kubarizwa 959 mu gihe 57 aribo bamaze kwitaba Imana.
Muri iyi minsi abarwayi ba Coronavirus bari kuboneka biganjemo abinjira mu gihugu bavuye hanze ndetse n’abahuye n’abanduye.
Ababonetse kuri uyu wa Gatanu basanzwe muri “Kigali: 40 (abagenzi binjira mu gihugu), Rubavu: 17, Huye: 7, Musanze: 6, Rwamagana: 2, Burera: 1.’’
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
18.12.2020 Amakuru Mashya | Update
*Kigali: 40 (Abagenzi binjira mu gihugu), Rubavu: 17, Huye: 7, Musanze: 6, Rwamagana: 2, Burera: 1 pic.twitter.com/5aJs8meY26
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) December 18, 2020



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!