Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 7 Kamena 2020, rigaragaza ko abasanganywe Coronavirus bakuwe mu Karere ka Rusizi.
Rikomeza riti “Abarwayi bashya bagaragaye muri Rusizi. Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa.’’
Kuva ku wa 31 Gicurasi 2020, Akarere ka Rusizi kabaye izingiro rya Coronavirus mu Rwanda, nyuma y’uko abantu batanu ba mbere bagaragaweho iki cyorezo barimo abacuruzi, abashoferi batwara ibintu babivanye cyangwa babijyanye i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umumotari umwe watwaraga ibintu byari byemewe.
Byatumye ku wa 4 Kamena Imirenge ya Kamembe, Nyakarenzo, Mururu n’igice cya Gihundwe igize Umujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ishyirwa muri gahunda ya Guma mu Rugo mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
Kugera ku wa 6 Kamena 2020, i Rusizi hari hamaze kugaragara abantu 43 banduye Coronavirus mu bipimo 3000 byafashwe.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, Dr Sabin Nsanzimana, uri mu Karere ka Rusizi, yabwiye IGIHE ko kuri ubu ikiri gukorwa ni ugupima abantu benshi bashoboka cyane ingo zegereye umupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigakorwa urugo ku rundi.
Ati “Ubu abaturage bari mu ngo, bari muri gahunda ya guma mu rugo, biratworohereza kuko niba hari uwaba urwaye tukaba tutaramubona, ntabwo ari kwanduza abandi mu masoko no mu kandi kazi. Ubu turi gupima abantu tuva ku rugo tujya ku rundi, hari gahunda y’uko muri ibi byumweru bibiri twahawe abantu bari mu ngo tuza kubikora nk’uko twabikoze muri Kigali igihe twari twatangiye kubona abantu bafite uburwayi mu kwezi kwa gatatu n’ukwa kane.”
Abarwayi umunani bashya bagaragaye muri Rusizi bakuwe mu bipimo 1318 byafashwe mu masaha 24 yashize.
Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Rwanda ku wa 13 Werurwe 2020, hamaze kuboneka 439 banduye mu bipimo 76 331 bimaze gufatwa, 290 barayikize mu gihe 147 bakitabwaho n’abahanga; abantu babiri bo bitabye Imana.
Kuva Coronavirus igaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu Ukuboza 2019, abantu 7 039 801 bamaze kuyandura ku Isi yose, barimo 403 422 yahitanye na 3 442 559 bamaze kuyikira.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Abaturarwanda muri rusange basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.



















TANGA IGITEKEREZO