Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa Kabiri rivuga ko abitabye Imana bahitanywe na COVID-19 iterwa na Coronavirus ari abagore babiri.
Rikomeza riti “Twihanganishije imiryango y’abagore barimo uw’imyaka 75 w’i Nyabihu n’ufite 63 w’i Musanze witabye Imana.’’
Kuri uyu wa 19 Mutarama 2021, abantu 289 basanzwemo ubwandu bwa COVID-19 mu bipimo 4520 byafashwe, mu gihe abarwayi 168 bayikize.
Abarwayi bashya bakuwe muri “Kigali: 114, Ngoma: 79, Gicumbi: 15, Gatsibo: 14, Karongi: 13, Nyagatare: 11, Muhanga: 8, Rulindo: 8, Huye: 7, Rubavu: 6, Kirehe: 3, Musanze: 3, Nyamagabe: 2, Rwamagana: 2, Nyaruguru: 1, Nyabihu: 1, Gisagara: 1, Ruhango: 1.’’
Ni ku nshuro ya mbere mu Rwanda habonetse umubare munini w’abanduye Coronavirus mu munsi umwe, kuva iki cyorezo kigeze mu gihugu.
Kuva ku wa 14 Werurwe 2020 ubwo umurwayi wa mbere yabonekaga mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 804 337, byasanzwemo 11 548 banduye. Muri bo 7580 barasezerewe nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu mibiri yabo mu gihe 3820 bakiri kwitabwaho.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, aheruka gutangaza ko ku wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021 u Rwanda ruzakira umuti mushya ufasha mu guhangana na Coronavirus, witezweho kugabanya umubare w’abahitanwa n’iki cyorezo.
Umuti u Rwanda ruzakira ni Favipiravir. Uri mu bwoko bw’ibinini by’amagarama 200. Wakoreshejwe bwa mbere mu Bushinwa mu Mujyi wa Wuhan aho icyorezo cya COVID-19 cyadutse.
Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko hejuru y’umuti ugabanya ubukana bwa COVID-19, u Rwanda ruri gushaka uburyo rwabona urukingo mu minsi ya vuba.
Yagize ati “Turi gushyiramo imbaraga zose zishoboka kugira ngo twifashishije inzego z’Umuryango w’Abibumbye n’indi miyoboro, tubone urukingo vuba kandi vuba bishoboka. Ikigaragara ni uko urukingo turushaka kandi tugiye kurubona vuba bishoboka.”
Yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu bibiri bya mbere byiteguye neza guhabwa urukingo ndetse izizaboneka zizashyikirizwa abazikeneye kurusha abandi.
U Rwanda ruherutse kwakira ibyuma bizifashishwa mu kubika no gukonjesha inkingo za Coronavirus. Hatangajwe ko ibyo byuma bifite ubushobozi bwo kubika inkingo zose zikenewe.
Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa n’amazuru no kwirinda kujya mu makoraniro atemewe ahuza abantu benshi.
19.01.2021 Amakuru Mashya | Update
* Kigali: 114, Ngoma: 79, Gicumbi: 15, Gatsibo: 14, Karongi: 13, Nyagatare: 11, Muhanga: 8, Rulindo: 8, Huye: 7, Rubavu: 6, Kirehe: 3, Musanze: 3, Nyamagabe: 2, Rwamagana: 2, Nyaruguru: 1, Nyabihu: 1, Gisagara: 1, Ruhango: 1 pic.twitter.com/mb6gkKOReg
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) January 19, 2021
























TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!