Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko uwitabye Imana ari umugore w’imyaka 79 wo mu Mujyi wa Kigali.
Minisante yavuze ko mu minsi itandatu ishize hatangijwe ibikorwa byo gukingira Coronavirus, abantu 238.942, barimo 9.988 bo kuri uyu wa Kane, bahawe urukingo.
Ibikorwa byo gukingira Covid-19 iterwa na Coronavirus byatangijwe ku mugaragaro ku wa 5 Werurwe 2021, nyuma y’amasaha make u Rwanda rwakiriye ibyiciro bitatu by’inkingo zo mu bwoko bwa AstraZeneca na Pfizer.
Kuri uyu wa 11 Werurwe 2021, kandi mu bipimo 4.603 byafashwe hagaragaye abarwayi 99 bashya bituma umubare w’abamaze kwandura bose ungana na 19.945. Umubare w’abamaze gusezererwa kwa muganga na wo wiyongereyeho 118 bagera kuri 18.236.
Abakirwaye ni 1.436 mu gihe 12 barembye. Ibipimo 1.051.913 ni byo bimaze gufatwa guhera muri Werurwe 2020 ubwo Coronavirus yabonekaga mu Rwanda.
Abanyarwanda bagirwa inama yo gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho, bibuka kwambara agapfukamunwa buri gihe bavuye mu ngo, bakaraba intoki kenshi, birinda amakoraniro n’ibindi bintu byose bishobora guhuriza hamwe abantu benshi.
11.03.2021 Amakuru Mashya | Update
Twihanganishije imiryango y'umugore w'imyaka 64 n'umugabo w'imyaka 79 bitabye Imana i Kigali / Condolences to families of 64 yo woman and 79 yo man who passed away in Kigali pic.twitter.com/25NqALR7cq
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) March 11, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!