Ni ku nshuro ya mbere kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 agaragaye mu Rwanda muri Werurwe 2020, hatangajwe umubare munini w’abantu bishwe n’iki cyorezo mu munsi umwe.
Mu itangazo ryayo ryo ku wa 20 Ukuboza 2020, Minisante yihanganishije imiryango y’Abanyarwanda bitabye Imana barimo “abagore babiri b’imyaka 47 na 63 b’i Kigali n’abagabo babiri b’imyaka 52 (Kigali) na 68 (Rubavu).’’
Usibye abitabye Imana, kuri iki Cyumweru abantu 61 basanzwemo icyorezo cya COVID-19 giterwa n’agakoko ka Coronavirus mu bipimo 3545 byafashwe, bituma umubare w’abamaze kwandura uba 7293 mu gihe babiri ari bo bayikize, abamaze gukira baba 6091.
Abarwayi bashya bagaragaye muri Kigali ahakuwe batandatu, Rubavu ni 25, Muhanga ni 13, Huye ni icyenda, Musanze ni bane, Gakenke ni babiri mu gihe i Kirehe na Nyanza hose hakuwe umurwayi umwe.
Abarwayi 1139 nibo bakiri kwitabwaho kwa muganga, barimo n’abatagaragaza ibimenyetso bikomeye bakurikiranirwa mu ngo zabo.
Kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, hamaze gufatwa ibipimo 690 221.
Ibimenyetso by’icyorezo cya COVID-19 birimo inkorora, guhumeka nabi, gucika intege n’ibindi.
Abanyarwanda bakomeza gusabwa kutirara ngo bumve ko icyorezo cyarangiye. Bagirwa inama yo gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho, bibuka kwambara agapfukamunwa buri gihe bavuye mu ngo, bakaraba intoki kenshi, birinda amakoraniro n’ibindi bintu byose bishobora guhuriza hamwe abantu benshi.
20.12.2020 Amakuru Mashya | Update
*Kigali: 6, Rubavu: 25, Muhanga: 13, Huye: 9, Musanze: 4, Gakenke: 2, Kirehe: 1, Nyanza: 1 pic.twitter.com/KJCdeeMLsD
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) December 20, 2020



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!