Abishwe n’iki cyorezo giterwa n’agakoko ka Coronavirus barimo abagore babiri n’abagabo babiri.
Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 19 Nzeri 2021, rigaragaza ko mu masaha 24 yashize hafashwe ibipimo 5.447, byabonetsemo abarwayi 140.
Kuri uyu munsi, abarwayi batanu ni bo binjijwe mu bitaro, abarembye ni 19 mu gihe umwe ari we wakize nyuma yo gupimwa agasangwa nta bwandu agifite mu mubiri we.
Minisiteri y’Ubuzima ikomeje ibikorwa byo gukingira hibandwa cyane ku kubanza abafite ibyago byo kwandura Covid-19 kurusha abandi.
Kugeza ubu abantu 1.368.758 bamaze gukingirwa byuzuye aho bahawe dose zombi [ubariyemo 16.680 bayibonye uyu munsi], mu gihe abahawe urukingo rwa mbere ari 485 byatumye umubare wabo ugera kuri 1.836.045.
19.09.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 2 n'abagabo 2 bitabye Imana / Condolences to families of 2 women and 2 men who passed away / Condoléances aux familles de 2 femmes et 2 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/qFatI22QIu
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) September 19, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!