00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda basabwe kwitondera imiti irimo kugeragezwa harebwa niba yavura Coronavirus

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 30 March 2020 saa 08:48
Yasuwe :

Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), cyasabye Abaturarwanda kutihutira kugura imiti isanzwe ikoreshwa mu bundi buvuzi, bakeka ko ivura cyangwa ikingira icyorezo cya COVID-19 giterwa n’agakoko ka Coronavirus.

Ni nyuma y’uko ibihugu bya Burkina Faso na Bénin byunze mu by’ibindi byo ku Mugabane w’i Burayi, Afurika na Amerika, byiyemeje gutangira gukora igerageza ku muti wa chloroquine usanzwe uvura Malaria.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump aheruka kuvuga ko imiti ya Hydroxychloroquine na Azithromycin itanga amahirwe yo gukora Coronavirus, bityo ababishinzwe bakwiye kwihutisha ubushakashatsi bakayemeza bidasubirwaho, kuko “abantu barimo gupfa.”

Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA Dr Charles Karangwa, yavuze ko Abanyarwanda bakwitondera kugura iyo miti ya Chloroquine, hydroxychloroquine na azithromycin, kuko itaremezwa n’inzego z’ubuzima.

Yakomeje ati “Ubushakashatsi ku muti ukwiye ndetse n’urukingo bya Coronavirus burakomeje kandi ikizavamo muzakimenyeshwa. Mu Rwanda imwe mu miti yavuzwe hejuru isanzwe ikoreshwa mu kuvura izindi ndwara.”

“Kubw’ibyo rero, ikoreshwa ry’iyo miti mu buryo itagenewe rirabujijwe kandi imwe muri yo isanzwe ikoreshwa, itangwa gusa iyo yanditswe na muganga herekanwe urupapuro mpeshamiti. Abaganga mu by’imiti barasabwa gukomeza kubahiriza amahame agenga itangwa ry’imiti n’ikoreshwa ryayo.”

Ubwo Trump yavugaga ko Hydroxychloroquine isanzwe ikoreshwa mu kuvura malaria na Azithromycin ikora neza iyo bikomatanyijwe, yakomozaga ku bushakashatsi buheruka gukorwa mu Bufaransa,buvuga ko Hydroxychloroquine igira imbaraga nyinshi iyo ihujwe n’u muti wica udukoko dutera indwara, antibiotique.

Abaganga bo mu Bufaransa bagerageje gukoresha Hydroxychloroquine igurishwa mu izina rya Plaquenil, igakoreshwa muri Amerika kuva mu 1955, bayifashisha mu kwita ku bantu banduye Coronavirus.

Muri iyo nyigo hakoreshejwe abantu 20 barwaye Coronavirus, iyoborwa na n’umushakashatsi Didier Raoult wo muri Institut Hospitalo-Universitaire in Marseille. Abavurwaga bahawe miligarama 600 za Plaquenil buri munsi.

Abashakashatsi baje gusanga nibura 50 ku ijana ry’abantu bavuwe barakize iyo virusi ku munsi wa gatatu, ku wa gatandatu abakize virusi bagera kuri 70 ku ijana.

Muri iryo tsinda ariko harimo abantu batandatu bahabwaga Plaquenil na antibiotique yitwa azithromycin, bo biza kugaragara ko bakize mu buryo bwihuse. Bakize virusi ku munsi wa gatatu, ku munsi wa gatandatu bose baba bamaze gukira.

Iyo nyigo yanzura ko “nubwo umubare w’abakoreweho ubushakashatsi wari muto, igerageza ryacu ryerekana ko kuvura hakoreshejwe hydroxychloroquine bigabanya ingano ya virus iri mu maraso na COVID-19, ugukora neza kwayo kukaba kongererwa imbaraga na azithromycin,”

Umuti wa Hydroxychloroquine ukoreshwa kuva mu mwaka wa 1955, mu gihe uwa azithromycin ukoreshwa kuva mu 1988. Ntabwo ubushakashatsi burabasha kugaragaza neza impamvu iyo iyi miti ivanzwe ishobora kuvura Coronavirus, ku buryo hatangwa uburenganzira mu buryo mpuzamahanga ngo itangire gukoreshwa.

Ubushakashatsi burakomeje

Dr Karangwa avuga ko ubushakashatsi bwo mu Bufaransa bwanagaragaje ko hari izindi ngaruka iyi miti igira ku mikorere y’umutima, ku buryo mbere yo kuyikoresha bisaba ko abantu babyitondera, umuvuduko umutima utereraho wagabanuka bakawongera kuko bisaba ko umuntu aba afite umwuka mwinshi.

Yanavuze ko mu Rwanda bamaze kwakira inyandiko y’ikigo LEAF Pharmaceticals cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko kinafite ibiro mu Rwanda, gishaka gutangira ubushakashatsi ku buryo bwo kongera umwuka mu mubiri, kuko umuntu urwaye Coronavirus yicwa no kubura umwuka kubera kugorwa no guhumeka.

Ati “Twakiriye inyandiko, rwose mu gihe gito bifuza gutangira, mu gihe cya vuba cyane. “

Umuyobozi wa LEAF Pharmaceuticals, Dr Clet Niyikiza yatangaje ko ikigo cye kiri muri 17 biri gushaka umuti n’urukingo bya Coronavirus muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda, yavuze ko barimo kugerageza gukora umuti wafasha mu kongerera umwuka mu mubiri, wasimbura imashini zikora aka kazi zihenze ku masoko.

Uyu muti watabara ibihugu byinshi kuko ahanini igihitana abarwayi ba coronavirus ari uko yonona ibihaha, umurwayi ntabashe guhumeka.

Ati “Twe turi gukora umuti ufasha abantu kugira ngo bahumeke, abaganga babashe kubafasha ku bundi buryo.”

Magingo aya abamaze kwandura Coronavirus hirya no hino ku Isi ni ibihumbi 723, abamaze kwitaba Imana ni ibihumbi 34. Abamaze kwandura mu Rwanda ni 70.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages