Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 24 Kanama 2021, rivuga ko muri rusange abamaze guhabwa inkingo ebyiri ari 445.107.
Ibikorwa byo gukingira abantu benshi, icyiciro cya gatatu byatangiye kuri uyu wa Mbere ahari gukingirwa abaturage bose bafite hejuru y’imyaka 18 y’amavuko.
Kuri uyu wa Kabiri kandi abanduye Covid-19 bashya ni 608 mu bipimo 10.634. Mu masaha 24 yashize abantu 11 ni bo bishwe na Covid-19 mu gihe abarembye ari 42.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, yatangaje ko ibikorwa byo gukingira bikomeje.
Ati “Niba warahawe dose ya mbere y’urukingo ukaba umaze iminsi irenga 21, ihutire ku kigo nderabuzima kikwegereye cyangwa ahandi warufatiye uhabwe dose ya kabiri. Si ngombwa gutegereza ubutumwa bwo kuri telefoni.’’
Kugeza ubu inkingo zagejejwe mu tundi turere 18 tw’igihugu, aho gahunda yo gukingira iteganyijwe gutangira mu gitondo cyo ku wa 25 Kanama 2021.
Muri utu duce, inkingo zizatangwa hibandwa ku bafite ibyago byinshi byo kwandura cyangwa kuzahazwa na COVID-19.
Ku wa 23 Kanama 2021 ni bwo Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 Abanyarwanda bose bafite kuva ku myaka 18 y’amavuko. Ibi bikorwa byahereye mu Mujyi wa Kigali ariko bizakomereza hirya no hino mu gihugu bijyanye n’ubushobozi bw’inkingo zizaboneka.
Iyi gahunda yitezweho gufasha Umujyi wa Kigali kugera ku kigero cya 90% cyo gukingira abafite imyaka 18 no hejuru yayo nibura mu byumweru bibiri.
Ibikorwa byo gukingira abaturage bose hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bizamara iminsi 12 aho biri gukorerwa ahantu hagera 37 mu Turere twa Gasabo, Nyarugenge na Kicukiro.
U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo nibura uyu mwaka uzarangira hakingiwe 30% by’Abaturarwanda. Ni mu gihe umwaka utaha byitezwe ko hazaba hakingiwe nibura 60%.
24.08.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 6 n'abagabo 5 bitabye Imana / Condolences to families of 6 women and 5 men who passed away / Condoléances aux familles de 6 femmes et 5 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/WkKBFdmcjP
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 24, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!