Ku wa 5 Werurwe uyu mwaka ni bwo mu gihugu hatangiye ibikorwa byo gukingira COVID-19, haherewe ku bari mu cyiciro cy’abafite ibyago byo kwandura no kuzahazwa n’iki cyorezo.
Uko iminsi yahise ni ko ibi bikorwa byagiye bigezwa no ku bindi byiciro bitandukanye. Ubu n’abafite imyaka iri hagati ya 12-17 bamaze guhabwa urukingo.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo ku wa 21 Ukuboza 2021 yerekana ko abaturarwanda 5.036.149 bamaze gukingirwa byuzuye mu gihe 7.381.799 bafashe dose ya mbere.
U Rwanda kandi rwatangiye gutanga dose ya gatatu [ishimangira] ku baturage barwo, aho abagera ku 64.567 bamaze kuyihabwa.
Ibikorwa byo gukingira byashyizwemo imbaraga by’umwihariko hagamijwe guhangana n’ubwandu bwa COVID-19 yihinduranyije yiswe “Omicron’’.
Nko mu Mujyi wa Kigali hafashwe ingamba zikomeye aho uwinjira n’uwusohokamo mu modoka rusange agomba kuba yarikingije. Ni nako bimeze ku bajya mu tubari, insengero n’ahandi hahurira abantu benshi.
I Kigali habarwa abagera kuri 91,7% bahawe inkingo zombi aho ubu hari gutangwa urwa kabiri ku bana bari hagati y’imyaka 12 na 17 bari mu bigo by’amashuri ndetse n’urukingo rwa gatatu rushimangira ku bamaze amezi atandatu bahawe urwa kabiri.
Mu guhangana n’ubwandu bwa COVID-19, ku wa 5 Werurwe 2021, ni bwo u Rwanda rwatangiye ibikorwa byo gukingira ndetse intego y’abagombaga gukingirwa ishobora kugerwaho mbere y’igihe cyagenwe.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryasabye ko bitarenze tariki 30 Nzeri 2021 nibura buri gihugu kizaba cyakingiye nibura 10% by’abagituye.
U Rwanda ruri mu bihugu bike byayigezeho kuko rwari rwiyemeje gukingira 30% (3.915.533) by’Abanyarwanda bitarenze Ukuboza na 60% (7.831.066) bitarenze 2022, ndetse zararengejwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ku wa 3 Ukuboza 2021, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, Imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma bijyanye na gahunda yo gukingira abaturage icyorezo cya COVID-19 n’izahuka ry’ubukungu yavuze ko u Rwanda rukoresha ubwoko bw’inkingo umunani.
Kugeza ku wa 2 Ukuboza 2021, rwari rumaze kwakira inkingo 12.900.760 zishobora gukingira abaturage 6.736.220 hatabariwemo urukingo rushimangira (dose ya gatatu). Zaturutse ahantu hatandukanye nko muri gahunda y’ubufatanye mu kugeza inkingo hose ku Isi yiswe COVAX, hari izo rwiguriye ku ngengo y’imari yarwo n’izo twabonye binyuze mu bucuti n’ibindi bihugu.
21.12.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour pic.twitter.com/x8WfJups7T
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) December 21, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!