00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika imaze guha u Rwanda dose z’inkingo za Covid-19 zirenga miliyoni eshatu

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 2 January 2022 saa 10:02
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye u Rwanda dose z’inkingo za Covid-19 zigera kuri 999.180 zo mu bwoko bwa Pfizer, bituma inkingo zose iki gihugu kimaze gushyikiriza u Rwanda zigera ku 3.295.730.

Izi nkingo Amerika yahaye u Rwanda zagejejwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe ku Cyumweru tariki ya 2 Mutarama 2022.

Umuyobozi wungirije muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ushinzwe Ibijyanye n’Ubutumwa, Deborah MacLean, yavuze ko hari izindi nkingo ziri imbere igihugu cye kizaha u Rwanda mu kurushaho gukomeza umubano w’ibihugu byombi.

Yakomeje ati “Amerika yatanze inkingo zirenga miliyoni eshatu ku Rwanda, mu kwezi kuri imbere hazaza izindi dose miliyoni ebyiri. Ibi bigaragaza umubano ukomeye dufitanye n’u Rwanda.”

Amerika ni kimwe mu bihugu byatanze umusanzu mu gufasha ibikennye, kuva Covid-19 yatangira kuboneka mu bice bitandukanye, iki gihugu kimaze gufasha u Rwanda mu guhangana n’iki cyorezo kuko yaruhaye miliyari 30 Frw .

U Rwanda rwatangiye ibikorwa byo gukingira Covid-19 muri Werurwe 2020, kuva icyo gihe kugeza ubu abasaga miliyoni zirindwi bamaze guhabwa dose ya mbere, abarenga miliyoni eshanu bahawe ebyiri ndetse abasaga ibihumbi 190 bahawe ishimangira.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye u Rwanda dose z’inkingo za Covid-19 zingana na 999.180 zo mu bwoko bwa Pfizer
Umuyobozi wungirije muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ushinzwe Ibijyanye n’Ubutumwa, Deborah MacLean, yavuze ko igihugu cye hari izindi nkingo cyageneye u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages