Abapfuye ni abagabo babiri barimo umwe w’imyaka 66 w’i Kigali n’undi musore w’imyaka 27 wo mu Karere ka Huye. Ubu umubare w’abapfuye wahise wiyongera ugera ku 140.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rikomeza rivuga ko mu bipimo 6.423 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu, hagaragayemo abantu 277 banduye bituma umubare w’ubwandu mu gihugu hose ugera ku 10.850.
Abanduye ni 139 b’i Kigali, 22 b’i Ngoma, 19 b’i Kirehe, 18 b’i Rulindo, 15 b’i Huye, 12 b’i Gicumbi, 12 b’i Gisagara, 7 b’i Nyamasheke, 7 b’i Musanze, 5 b’i Muhanga, 4 b’i Rwamagana, 4 b’i Nyanza, 4 b’i Rubavu, 3 bo mu Gakenke, 2 b’i Nyamagabe, 2 b’i Karongi na 2 b’i Nyagatare.
Kuri uyu munsi kandi abakize babaye 165 bituma umubare wabo muri rusange uba 7.193 mu gihe abakirwaye ari abantu 3.517.
16.01.2021 Amakuru Mashya | Update
* Kigali: 139, Ngoma: 22, Kirehe: 19, Rulindo: 18, Huye: 15, Gicumbi: 12, Gisagara: 12, Nyamasheke: 7, Musanze: 7, Muhanga: 5, Rwamagana: 4, Nyanza: 4, Rubavu: 4, Gakenke: 3, Nyamagabe: 2, Karongi: 2, Nyagatare: 2 pic.twitter.com/mYJRtyrJ0I
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) January 16, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!