Mu itangazo iyi minisiteri yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Mutarama 2021 ryerekanye ko abarwayi babiri bishwe n’iki cyorezo barimo umugabo w’imyaka 81 n’undi w’imyaka 73 bose bakomoka mu Mujyi wa Kigali.
Mu bipimo 2986 byafashwe kuri uyu wa Gatanu habonetse abanduye 77, abakize iki cyorezo bakaba ari 56 mu gihe abo kimaze guhitana ari 94.
Aba barwayi bakaba bagaragaye mu turere dutandukanye harimo 22 bagaragaye mu Mujyi wa Kigali i Huye 22, i Musanze 24, Kamonyi batatu, Rubavu barindi, Rusizi barindwi, Kayonza babiri, Ruhango umwe, Nyamagabe umwe, Gakenke umwe, Kirehe umwe na Gicumbi habonetse umuntu umwe.
Kuri ubu mu Rwanda abantu 733 122 nibo bamaze gupimwa Coronavirus, 8460 basanzwe bayirwaye, abagera ku 6598 bamaze kuyikira mu gihe abakirwaye ari 1768.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
01.01.2021 Amakuru Mashya | Update
*Kigali: 22, Huye: 24, Musanze: 7, Rubavu: 7, Rusizi: 7, Kamonyi: 3, Kayonza: 2, Ruhango: 1, Nyamagabe: 1, Gakenke: 1, Kirehe: 1, Gicumbi: 1 pic.twitter.com/QCcz4I9dR4
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) January 1, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!