Abishwe na Coronavirus kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Kamena 2021, ni abagore batatu b’imyaka 73, 63 na 39 ndetse n’abagabo batatu b’imyaka 78 na babiri b’imyaka 40 bo mu Mujyi wa Kigali n’umugabo w’imyaka 81 wo mu Karere ka Rusizi.
Abantu 757 basanganywe Coronavirus, batumye umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda uba 37.384 mu bipimo 1.621.312 birimo 6.883 byafashwe uyu munsi.
Imibare mishya yerekanye ko abarwayi bashya biganje mu Mujyi wa Kigali ahabonetse 280, Musanze hakuwe 80, Kamonyi ni 46, Burera 45 mu gihe mu Turere twa Ngoma, Rwamagana, Nyabihu na Nyamasheke nta bwandu bushya bwahagaragaye.
Kuri uyu munsi, abarwayi bakize biyongereyeho 182, abamaze gukira bagera kuri 27.272 mu gihe abakirwaye ari 9.685, barimo 35 barembye.
Kugeza kuri uyu wa 28 Kamena 2021 hamaze gukingirwa abantu 391.739, barimo 64 bakingiwe mu masaha 24 yashize. Ibikorwa byo gutanga inkingo za Coronavirus mu Rwanda byatangiye ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 249.126 ni bo bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19 rwa AstraZeneca barimo 408 bayihawe uyu munsi.
28.06.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 249,126 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 408 bayihawe uyu munsi pic.twitter.com/NGAuQvcZ12
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) June 28, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!