Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko batanu bishwe na Coronavirus kuri uyu wa 4 Nyakanga 2021, ari abagore babiri b’imyaka 67 na 36 n’abagabo batatu b’imyaka 63, 58 na 32 bo mu Mujyi wa Kigali.
Abarwayi bashya 889 babonetse mu bipimo 6.889 byafashwe mu masaha 24 yashize bituma umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda uba 42.585 mu bipimo 1.672.746 bimaze gufatwa kuva muri Werurwe 2020.
Minisante yagaragaje ko ubwandu bwinshi bwiganje muri Kigali ahabonetse abanduye 309, Musanze [99], Gicumbi [63], Bugesera [56], Rubavu [52] mu gihe mu Karere ka Kirehe nta murwayi mushya wahabonetse.
Mu masaha 24 yashize, nta murwayi wakize byatumye umubare w’abamaze gusezererwa mu bitaro no gukirira mu ngo zabo uguma ku 27.606.
Kugeza uyu munsi, abarwayi 14.509 barimo 61 barembye ni bo bakiri kwitabwaho.
Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa abantu 391.954 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 251.475 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca barimo 14 bayihawe uyu munsi.
04.07.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 251,475 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 14 bayihawe uyu munsi / Twihanganishije imiryango y’abagore babiri b’imyaka 67 na 36 n’abagabo batatu b’imyaka 63, 58 na 32 bitabye Imana i Kigali pic.twitter.com/6P0yrzZBQ7
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) July 4, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!