Abitabye Imana ni abagore batatu b’imyaka 76 bo mu Karere ka Rubavu, ufite 57 wo mu Mujyi wa Kigali n’uwa 31 w’i Muhanga ndetse n’abagabo babiri barimo uw’imyaka 73 w’i Huye n’ufite 49 w’i Kigali.
Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa Gatanu ryerekanye ko abanduye Coronavirus mu Rwanda ari 884 biganjemo abo muri Kigali ahabonetse 179. I Rusizi ni 81, Kamonyi ni 67, Bugesera 47 mu gihe mu Turere twa Rwamagana na Nyabihu nta murwayi wahabonetse.
Kuva Coronavirus yaboneka mu Rwanda, hamaze gufatwa ibipimo 1.657.913 byasanzwemo abanduye 40.798.
Kuri uyu munsi nta murwayi wakize byatumye abakirwaye baguma kuri 27.272. Abagera kuri 13.073 ni bo bakirwaye barimo 43 barembye. Abantu bamaze kwicwa na Coronavirus mu Rwanda ni 453.
Abamaze gukingirwa Coronavirus mu Rwanda ni 391.888. Abantu 251.350 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa Coronavirus rwa AstraZeneca barimo 211 bayihawe uyu munsi.
02.07.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 251,350 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 211 bayihawe uyu munsi pic.twitter.com/445acrDfRf
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) July 2, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!