Iki gihugu gikomeje guhura n’akaga gakomeye kubera Coronavirus, nyuma y’aho nabwo tariki 10 uku kwezi, iki gihugu cyari cyapfushije abantu 1900.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Mata 2020, imibare y’ubwandu bushya n’abahitanywe n’iki cyorezo yakomeje kuzamuka hirya no hino ku Isi kuko abamaze kwandura ari 1,700,007,abamaze gupfa ni 102,751 naho abamaze gukira ni 376,529.
Inzego z’Ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko abantu bose bamaze gupfa ari 18,798 kandi imibare irakomeza kuzamuka buri munsi.
Kugeza ubu abantu 502,876 nibo bamaze kwandura Coronavirus muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibintu bikaba bikomeje kuba bibi.
Iki gihugu kandi cyatangaje ko kuri uyu wa Gatanu gusa, abantu 35,579 basanganwe iki cyorezo.
Igiteye impungenge muri iki gihugu ni uko Umujyi wa New York wonyine ubu ufite abantu benshi banduye iki cyorezo kurenza igihugu icyo ari cyo cyose ku Isi.
Imibare igaragaza ko abantu 172,358 bamaze kwandura, mu gihe abandi 7,844 bamaze gupfa. Kuri uyu wa Gatanu gusa uyu Mujyi wapfushije abantu 777.
Kugeza ubu Espagne ifite abanduye 158,273, abamaze gupfa ni 16,081, u Butaliyani abanduye ni 147,577 mu gihe abamaze gupfa ari 18,849.
Mu gihugu cy’u Bufaransa abamaze kwandura ni 124,869 naho abamaze gupfa ni 13,197, mu Budage abanduye bamaze kuba 122,171 mu gihe abapfuye ari 2,736.
Mu Bushinwa aho iki cyorezo cyatangiriye mu Mujyi wa Wuhan umwaka ushize, abaturage bavanywe mu kato, abanduye ubu ni 81,953, naho abapfuye ni 3,339.
Mu gihugu cy’u Bwongereza, Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson, ubu ngo arakora urugendo rw’ahantu horoheje, nyuma yo kuvanwa mu nzu y’indembe kubera icyorezo cya Coronavirus.
Inzego z’ubuzima mu gihugu zivuga ko Boris yashoboye kuvugana n’abaganga be, ndetse abashimira uburyo bamwitayeho ubu akaba arimo koroherwa.
Kugeza ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Espagne, u Butaliyani, u Budage n’u Bufaransa ni byo bihugu bikomeje kuza imbere mu kugira abanduye benshi ndetse n’abamaze gupfa.
Ku mugabane wa Afurika, ibihugu 52 kuri 54 nibyo ubu bwandu bumaze kugeramo, abantu 13,539 bamaze kwandura, 697 bamaze gupfa mu gihe abandi 2,237 bamaze gukira.
Algeria niyo ifite abantu benshi bapfuye aho bamaze kuba 256 mu gihe 1,761 bamaze kwandura, Afurika y’Epfo nicyo gihugu gifite abanduye benshi kuko ari 2,003 , abantu 24 bamaze gupfa.
Mu muryango wa Afurika y’i Burasirazuba, Kenya ifite abarwayi 189, barindwi bamaze gupfa naho 22 barakize, u Rwanda rufite abarwayi 118, barindwi bamaze gukira, Uganda ifite abarwayi 53, u Burundi batatu, Tanzania ifite32 batatu bamaze gupfa, naho Sudani y’Epfo yo ifite abarwayi bane.



















TANGA IGITEKEREZO