Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 08Mata 2020, imibare y’ubwandu bushya n’abahitanywe n’iki cyorezo yakomeje kuzamuka mu buryo budasanzwe ndetse ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaciye agahigo ku Isi ko gupfusha abantu benshi ku munsi umwe kurenza ibindi bihugu.
Inzego z’Ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko ibi byatumye abantu bose bamaze gupfa muri iki gihugu baba 12722, kandi imibare iri bukomeze kwiyongera.
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi umuririmbyi ukomeye, John Prine, yapfuye azize iki cyorezo.
Mu Bushinwa aho iki cyorezo cyatangiriye mu Mujyi wa Wuhan, ubu abaturage barangije ibyumweru 11 bari bamaze mu kato ndetse ibikorwa by’ubucuruzi byasubukuwe.
Mu Bwongereza ho Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson yongeye kumara umunsi wa kabiri ari mu nzu y’indembe kubera icyorezo cya Coronavirus, nyuma yo gushyirwamo kuri uyu wa kabiri akongererwa umwuka.
Imibare yo muri iki gitondo saa 08:00, igaragaza ko ku Isi hose abamaze kwandura Coronavirus ari 1432084, abitabye Imana bo ni 82099, mu gihe abamaze gukira bo ari 302209.
Kugeza ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Espagne, u Butaliyani, u Budage n’u Bufaransa ni byo bihugu bikomeje kuza imbere mu kugira abanduye benshi.



















TANGA IGITEKEREZO