Kuri uyu wa 23 Nzeri 2021, ni bwo inama ya EU yashyize u Rwanda, Kuwait na Chile kuri uru rutonde irukuraho Bosnia, Herzegovina na Repubulika ya Moldova.
Uru rutonde ruvugururwa buri byumweru bibiri, aho ibihugu bimwe bishobora kongerwaho ibindi bigakurwaho bigendanye n’uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze, ari narwo ahanini rugenderwaho mu gihe abakerarugendo baturuka i Burayi bashaka kujya gusura ibindi bihugu.
U Rwanda rwashyizwe kuri uru rutonde nyuma y’aho imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19 igabanutse cyane ndetse benshi mu batuye Umujyi wa Kigali bamaze guhabwa dose zombi z’urukingo rwa COVID-19.
Ubwo EU yakuraga u Rwanda kuri rutonde muri Nyakanga ku munsi handuraga abarenze 500 ndetse hari n’ubwo barenze 1000, gusa ubu imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko mu minsi irindwi ishize, handuye abantu 1.545 ndetse ijanisha ku bandura ari 2.3%.
U Rwanda rwashyizwe ku rutonde rw’ibihugu byo mu cyiciro cya Gatatu, aho abaturage babyo bajya i Burayi bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bakingiwe dose zombi za Covid-19 zemewe na EU na OMS ariko bamaze byibura iminsi 14 bahawe dose ya kabiri y’urukingo, kandi bakerekana icyemezo cy’uko batarwaye Covid-19 kitarengeje amasaha 72.
Nubwo uru rutonde ruba rwakozwe na EU si itegeko ko ibihugu bigize uyu muryango birukurikiza mu kwemerera abaturage b’igihugu runaka kubyinjiramo nubwo byaba bitaruriho gusa kugira ngo byemerere abaturage b’ibihugu bitari kuri uru rutonde kuza mu gihugu bisaba ko habaho ibiganiro n’inzego zigize uyu muryango.
Ibigenderwaho kugira ngo igihugu gishyirwe kuri uru rutonde rw’icyiciro cya Gatatu harimo kuba kitararengeje ubwandu bushya bw’abantu 75 mu baturage ibihumbi 100 mu gihe cy’iminsi 14; Kuba icyorezo cya Covid-19 kigabanuka cyangwa kiguma hamwe kitiyongera.
Icyo gihugu kigomba kuba cyarapimye Covid-19 abantu barenze 300 mu baturage ibihumbi 100 mu minsi irindwi ishize, ijanisha ku bandura ritarenze 4%, hari ubwiyongere bw’abahabwa inkingo, gishyiraho ingamba zo kurwanya Covid-19, kandi gitanga amakuru yose yerekeye Covid-19 mu gihugu.
Minisante yerekana ko kugeza ku itariki 22 Nzeri 2021, mu Rwanda hari abahawe dose ya ebyiri z’urukingo bagera kuri 1.440.597.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!