00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imibare isobanura COVID-19 mu Rwanda: Abagabo bihariye ubwandu, abari mu myaka 30-39 bibasiwe cyane

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 3 May 2020 saa 04:33
Yasuwe :

Abagabo ni bo benshi bamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda kuko bihariye 78.43% by’abanduye bose, mu gihe umurwayi amaze kugaragara mu turere 13 two mu gihugu ariko ubwiganze bukaba ari ubw’abantu baturutse hanze y’igihugu.

Kuva ku wa 14 Werurwe nibwo bwa mbere mu Rwanda hagaragaye umurwayi wa Coronavirus, yari umugabo w’Umuhinde wari uherutse kugirira ingendo mu mahanga, ndetse imibare ya Minisiteri y’Ubuzima, igaragaza ko n’abandi barwayi benshi ariho babaga baturutse.

  • - Uturere 13 nitwo tumaze kugaragaramo umurwayi wa Coronavirus
  • - Abarwayi 101 muri 255 bamaze kugaragara, bari hagati y’imyaka 30-39
  • - 78.43% by’abanduye ni abagabo
  • - Abarwayi 165 bari baturutse hanze y’igihugu, 90 ni abo bahuye bakabanduza

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyashyize ku mugaragaro urubuga rugaragaza amakuru yose ajyanye na Coronavirus mu Rwanda. Rugaragaza umubare w’abagore n’abagabo banduye, uturere twagaragayemo abarwayi, imyaka n’ibindi.

Kugeza ubu, mu Rwanda habarurwa abantu 255 bamaze kwandura Coronavirus. Muri aba bose, 14 bari munsi y’imyaka 20; abari hagati y’imyaka 20-29 ni abarwayi 66; hagati ya 30-39 ni bo benshi kuko handuye abantu 101; abari hagati y’imyaka 40-49 ni 49; hagati ya 50-59 ni 16 mu gihe abari hagati ya 60-69 ari abantu icyenda.

Kuba imibare y’abantu bakuze banduye iyi ndwara ari mike bitanga icyizere gikomeye kuko urebye mu bindi bihugu, nibo benshi ndetse ni nabo bapfa cyane dore ko baba bageze mu zabukuru abenshi banasanganywe izindi ndwara, Coronavirus yabageraho ikabigirizaho nkana.

Muri aba barwayi 255 bamaze kugaragara mu Rwanda, 165 bari baturutse mu mahanga ari naho banduriye mu gihe 90 banduriye imbere mu gihugu bandujwe n’abaturutse mu mahanga bahuye nabo.

Uturere tutari utwo muri Kigali twagaragayemo abarwayi baturutse mu mahanga, ni Huye, Kirehe, Ngoma, Bugesera, Kamonyi, Karongi, Musanze na Rulindo. Utwo twiyongeraho Bugesera, Gicumbi na Muhanga ahagaragaye abarwayi bandujwe n’abantu bavuye hanze bahuye.

Wongeyeho uturere dutatu tw’Umujyi wa Kigali two twagaragayemo abarwayi baturutse mu mahanga ndetse n’abo banduje, bigaragara ko uturere 13 tw’igihugu aritwo tumaze kugaragaramo umurwayi wa Coronavirus.

Nibura uturere 13 nitwo tumaze kugaragaramo umuntu wanduye Coronavirus

Imibare igaragaza kandi ko abagabo bari hejuru mu kugira ubwandu bwinshi kurusha abagore, kuko mu bantu 255 bamaze kwandura, abagabo ni 200 bingana na 78.43% mu gihe abagore ari 55 bingana na 21.57%.

Mu minsi mike ishize, umubare w’abarwayi warazamutse ku kigero cyo hejuru ugereranyije n’iminsi yabanje. Nka tariki ya 24 Mata 2020, ni wo munsi habonetseho abarwayi benshi kuko bageze kuri 22.

Imibare igaragaza ko muri abo 22, harimo 15 bari baturutse hanze na barindwi bahuye n’abanduye. Ni mu gihe tariki ya 23 Werurwe nabwo umunsi habonetse abarwayi benshi (17), 16 bari abaturutse hanze y’igihugu naho umwe ariwe wari imbere mu gihugu nawe wahuye n’uwanduye.

Nko mu barwayi batandatu babonetse kuri uyu wa Gatandatu, batatu ni abaturutse mu mahanga, naho abandi batatu ni abahuye n’abanduye.

Mu minsi ya mbere y’iki cyorezo mu Rwanda, imibare yagaragazaga ko mu bandura, abenshi ari ababa baturutse i Dubai. Icyo gihe Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko “nkeka ko ari no kubera imiterere ya hariya hantu, ni isoko mpuzamahanga, Isi yose ijya kuhahahira, Isi yose iza kuhagurisha ibintu, Abanyarwanda bariyo abenshi bari mu bucuruzi.”

Nyuma y’aho ingendo zihagarikiwe, imipaka igafunga, byashushe n’ibigabanuka ariko mu minsi ishize nibwo ubwandu bwongeye kwiyongera buturutse ku batwara imizigo baturuka hanze.

Mu kwirinda ko bakwirakwiza iki cyorezo mu baturage, imwe mu ngamba zafashwe ni uko serivisi za gasutamo zose zimuriwe ku mipaka aho ibicuruzwa byinjirira mu gihugu, hanategurwa uburyo abashoferi baturukana hanze aya makamyo bajya bagarukira ku mupaka ntibagere mu gihugu.

Abari hagati y'imyaka 30 na 39 nibo benshi banduye Coronavirus mu Rwanda

Magingo aya, abantu 33 303 nibo bamaze gupimwa iki cyorezo kuva cyagaragara mu Rwanda. Nko mu minsi irenga icumi ishize, nibura ku munsi umwe ibipimo bifatwa biba birenga 1000, kuri uyu wa Gatandatu byabaye 1197.

Dr Nsanzimana Sabin uyobora RBC aherutse gutangaza ko Laboratwari ya RBC ipima Coronavirus, ubwo yatangiraga gupima iki cyorezo muri Mutarama itahereye ku busa, kuko yari imaze kugira ubushobozi bwo gupima icyorezo cya Ebola kandi nacyo gikomeye.

Yakomeje kubakirwa ubushobozi, ku buryo n’urwego rw’ibipimo ishobora gusuzumira rimwe cyangwa ku minsi nabyo byazamutse, ku buryo laboratwari y’u Rwanda iri mu za mbere muri Afurika zatangiye zipima Coronavirus mu buryo bwizewe.

Dr Nsanzimana ati “Ubushobozi nabuvuga mu buryo bw’ingano y’abantu benshi bapima icya rimwe, ubu tugeze hafi ku mpuzandengo y’abantu nka 800 dushobora gupima ku munsi. Tumaze iminsi dutangaza imibare, hari aho twarenzaga 1000, hari n’aho tujya munsi gato, ariko icyo twifuza ni uko bikmeza bikiyongera cyane”.

“Hakaba hari ibikoresho twatumije kugira ngo tubashe gupima abantu benshi, hari n’imashini zagiye ziza zikiyongera mu zo dusanganwe, ubu turi kwagura nibura mu zindi ntara n’ahandi hari ibitaro bifite ubushobozi, mu minsi iri imbere bikazabasha gupima. “

Guverinoma iherutse gutangaza ko gahunda yo gupima abantu izakomeza mu gihugu hose. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko atari Abanyarwanda bose uko barenga miliyoni 12 bazapimwa, ahubwo hazarebwa abafite ibimenyetso by’iyi ndwara n’abakekwa ko bahuye n’abanduye.

Hari icyizere ko abantu bose bagaragaweho ubu burwayi haboneka abo bahuye n’abo ku kigero cya 95%, ku buryo iyo binabaye ngombwa hifashishwa izindi nzego. Yatanze urugero rw’uburyo hifashishijwe amashusho ya camera kugira ngo hamenyekane abantu binjiye ahantu abanduye bagiye.

Umurongo w'ibara ry'umuhondo ugaragaza abantu bagaragaweho Coronavirus baturutse mu mahanga. Nibo benshi kurusha abari mu ibara ryerurutse bandujwe n'abaturutse mu mahanga bahuye nabo
Abagabo nibo benshi bamaze kwandura iki cyorezo mu Rwanda nk'uko bigaragara mu ibara risa n'ivu
Kuri iki Cyumweru, RBC yashyize hanze urubuga rugaragaza neza uburyo icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages