Raporo ngarukamunsi yo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 18 Ukwakira 2021, yerekanye ko mu masaha 24 yashize abaturarwanda 36 ari bo banduye COVID-19 mu bipimo 6.811.
Mu banduye, barindwi bagaragaye muri Ngororero, Umujyi wa Kigali ufite batandatu, Gakenke ni bane, mu gihe Karongi, Kayonza na Musanze ari batatu naho Nyagatare ikagira babiri.
Uturere turimo Gicumbi, Gisagara, Huye, Ngoma, Nyamasheke, Tubavu, Rusizi na Rwamagana hagaragaye umurwayi umwe.
Mu tundi turere 13, Minisante yatangaje ko nta burwayi bwagaragayemo mu bipimo byose byadufatiwemo.
Igabanuka ry’ubwandu bushya rifitanye isano n’umubare w’abakingirwa COVID-19 mu Rwanda.
Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye [ni ukuvuga abahawe dose zombi, barimo 8.188 bafashe dose ya kabiri uyu munsi] abantu 1.733.550 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 3.177.390 ni bo bamaze guhabwa dose imwe y’urukingo barimo na 143.450 bayifashe uyu munsi.
Ibimenyetso bya COVID-19 birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
18.10.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour pic.twitter.com/rrIfoRlvCg
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) October 18, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!