Umugore w’imyaka 57 yitabye Imana i Kigali azize Covid-19, umubare w’abo imaze guhitana uba 366.
Mu barwayi bashya abenshi babonetse mu mujyi wa Kigali 59 naho 14 babonetse muri Rubavu. Abakirwaye bose ni 953 barimo icyenda barembye.
Abantu bamaze guhabwa urukingo rwa Covid-19 ni 388716 barimo 238,734 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca.
Ubwandu bwa Covid-19 bukomeje kwiyongera mu Rwanda muri iyi minsi mike ishize kuko ni ku munsi wa gatatu wikurikiranya haboneka abantu barenze ijana banduye ku munsi.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel yasabye abaturage kutirara ngo badohoke ku ngamba zo kwirinda Covid-19 kuko igihari kandi yica.
10.06.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 238,734 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 415 bayihawe uyu munsi / Twihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 57 witabye Imana i Kigali. pic.twitter.com/BzcJ1Jd9aS
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) June 10, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!