Itangazo rya Minisante ryo ku wa Mbere, tariki ya 25 Ukwakira 2021 rivuga ko abanduye COVID-19 ari 57 mu bipimo 10.887 byafashwe mu masaha 24 ashize.
Ubwandu bushya buri kugenda bugabanuka ugereranyije no mu minsi yashize ndetse ubu bugeze ku ijanisha rya 0.5%.
Raporo ngarukamunsi ya Minisante yerekanye ko kuba nta murwayi wahitanywe na COVID-19 byatumye umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo uguma ku 1.320. Nta murwayi winjijwe mu bitaro ndetse nta n’uwasezerewe nyuma yo gukira.
Igabanuka ry’abandura COVID-19 n’abahitanwa nayo rifitanye isano no kuba umubare munini w’abaturarwanda bakingirwa bigatuma abandura baba bake ndetse n’abarwaye ntibarembe cyane ku buryo byabaviramo urupfu.
Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye [ni ukuvuga abahawe dose zombi, barimo 24.287 bafashe dose ya kabiri uyu munsi] abantu 1.811.757 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 3.670.094 ni bo bamaze guhabwa dose imwe y’urukingo barimo na 18.742 bayifashe uyu munsi.
25.10.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour pic.twitter.com/z6AAFCmc24
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) October 25, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!