Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki 20 Ukwakira 2021, rigaragaza ko abarwayi bashya 39 babonetse mu bipimo 5.971 byafashwe uyu munsi.
Kuri ubu mu Rwanda hari abarwayi batatu barembye bari kwitabwaho; nta wasezerewe mu masaha yashize.
Kubera ingamba zafashwe mu guhangana na COVID-19, byatumye mu Rwanda kuri uyu munsi nta murwayi wahitanywe n’iki cyorezo bituma umubare w’abishwe nacyo uguma ku 1.314.
Ni ingamba zijyanye no gukomeza kwirinda ndetse no kuba umubare w’abaturarwanda bari mu byago byo kwandura waramaze guhabwa urukingo.
Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye [ni ukuvuga abahawe dose zombi, barimo 4.990 bafashe dose ya kabiri uyu munsi] abantu 1.744.937 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 3.434.690 ni bo bamaze guhabwa dose imwe y’urukingo barimo na 106.457 bayifashe uyu munsi.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, guhana intera ya metero, kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa agiye ahari abantu benshi.
20.10.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour pic.twitter.com/h4kOGEgNNb
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) October 20, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!