00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yitezweho ingamba nshya zo guhangana na COVID-19

Yanditswe na Dufitumukiza Salathiel
Kuya 14 December 2021 saa 07:18
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021, yitezweho gufatirwamo ingamba nshya zo guhangana na COVID-19.

Iyi nama yabereye muri Village Urugwiro yitabiriwe na Minisitiri mushya w’Umutekano, Alfred Gasana, umaze umunsi umwe arahiriye inshingano.

Iyaherukaga guterana ku wa 28 Ugushyingo 2021 yafatiwemo ibyemezo birimo guhagarika ingendo z’indege zerekeza mu bihugu by’Amajyepfo ya Afurika, abinjira mu gihugu bashyirirwaho akato k’amasaha 24, naho abavuye mu bihugu byagaragayemo Omicron bashyirirwaho akato k’iminsi irindwi.

Kuva iyo tariki habonetse abanduye 388, hapfa babiri naho 258 bakira iki cyorezo.

Nyuma y’iyo nama kandi ni nabwo Omicron yarushijeho kugaragara henshi ndetse aba mbere bishwe nayo mu bihugu bitandukanye.

Umurego iri gukwirakwiraho uri mu bihangayikishije Isi, kuko imaze kugaragara mu bihugu birenga 70. Yatangiye kugaragara no mu bihugu by’abaturanyi birimo Tanzania na Uganda.

Inzego z’ubuzima ntiziratangaza ko hari umurwayi wasanganywe Omicron ku butaka bw’u Rwanda.

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yitezweho ingamba nshya za COVID-19
Iyi nama yateranye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 arimo kwambara agapfukamunwa no guhana intera
Bwa mbere, Minisitiri mushya w’Umutekano, Gasana Alfred (ibumoso) yitabiriye Inama y'Abaminisitiri. Yaganiriye n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome (uwa kabiri ibumoso); Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver na Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages