Ubu bwoko bushya bwiswe B.1.1.529 bwabonetse i Pretoria, gusa hari impungenge ko bwaba batangiye gukwirakwira hirya no hino ku Isi.
Inzobere mu buvuzi bw’ibyorezo zagaragaje ko ubwo bwoko ari bubi cyane mu miterere kandi ko bufite ubushobozi bwo kwihinduranya cyane kurusha ubundi bwoko bwa Covid-19 bwari buhari. Ibyo bivuze ko kubushakira urukingo cyangwa imiti na byo bigoye.
Kuri uyu wa Gatanu muri Afurika y’Epfo hateganyijwe inama y’inzobere z’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS), aho ziganira ku buryo ubwo bwoko bushya bwakumirwa hakiri kare.
Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana abinyujije kuri Twitter, yavuze ko Abanyarwanda basabwa gukaza ubwirinzi nk’uburyo bwiza bwo guhangana n’ubwoko bushya bwagaragaye.
Yagize ati “Ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranyije cyane bwatangiye kugaragara mu majyepfo ya Afurika buzwi nka B.1.1.529, bushobora kuba bwandura cyane kurusha Delta. Dore uko twakwirinda Coronavirus: Kwikingiza, kwambara agapfukamunwa, gukaraba no kwipimisha”.
Kugeza kuri uyu wa Kane, abanyarwanda basaga miliyoni 5.8 bari bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo mu gihe abasaga miliyoni 3.1 bahawe doze ebyiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!