Umubare w’abishwe n’iki cyorezo waragabanutse uva ku 990 000 ugera ku 940 000.
Raporo yashyizwe ku mugaragaro tariki ya 22 Ugushyingo i Abidjan, muri Côte d’Ivoire igaragaza ko mu bantu bafite ubwandu bwa Sida mu 2017 harimo abakuru miliyoni 35.1 n’abana miliyoni 1.8.
Jeuneafrique dukesha iyi nkuru ivuga ko habaruwe kandi abagera kuri miliyoni 21.7 banduye babasha gufata imiti igabanya ubukana, bakaba bariyongereyeho miliyoni 2,3 ugereranyije n’umwaka wa 2016.
Icyorezo cya SIDA kimaze guhitana abantu miliyoni 35,4.
Umuyobozi mukuru wa ONUSIDA, Michel Sidibé, yavuze ko uko ingano ya virusi igenda yiyongera mu mubiri ariko n’umubare w’abasirikare barinda umubiri ugenda ugabanuka.
Mu rwego rwo kwirinda ko ingano ya virusi yiyongera mu mubiri w’ufite ubwandu, ni ngombwa ko ababasha kubona imiti igabanya ubukana buri mezi 12.
Uyu muhigo ariko ngo nturagerwaho mu bihugu bitandukanye byo ku Isi cyane cyane ibyo ku mugabane wa Afurika ari nawo ufite umubare munini w’abanduye bagera kuri miliyoni 25.7.
Hashize imyaka isaga 10 ubwandu bwa SIDA mu Rwanda buri kuri 3%, Minisiteri y’Ubuzima ikaba itangaza ko imibare mishya izamenyekana umwaka utaha wa 2019.



















TANGA IGITEKEREZO