00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kumara igihe kirekire ureba televiziyo bigabanya ubushobozi bw’intanga ngabo

Yanditswe na

Christophe Hitayezu

Kuya 6 February 2013 saa 08:03
Yasuwe :

Kumara igihe kinini ureba televiziyo, ni imwe mu mpamvu zitera igabanuka ry’ubushobozi bw’intanga ngabo nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza.
Ubu bushakashatsi bwakozwe n’inzobere z’Abanyamerika bo muri Kaminuza ya Havard, bwagaragaje ko 44% by’ubushobozi bw’intanga ngabo bigabanuka ku bushobozi bw’intanga z’abagabo bamara amasaha ari hejuru ya 20 bareba televiziyo mu cyumweru.
Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bagabo 189 bari hagati y’imyaka 18 na 22 bapima intanga zabo bakanababaza uburyo (…)

Kumara igihe kinini ureba televiziyo, ni imwe mu mpamvu zitera igabanuka ry’ubushobozi bw’intanga ngabo nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza.

Ubu bushakashatsi bwakozwe n’inzobere z’Abanyamerika bo muri Kaminuza ya Havard, bwagaragaje ko 44% by’ubushobozi bw’intanga ngabo bigabanuka ku bushobozi bw’intanga z’abagabo bamara amasaha ari hejuru ya 20 bareba televiziyo mu cyumweru.

Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bagabo 189 bari hagati y’imyaka 18 na 22 bapima intanga zabo bakanababaza uburyo babayeho mu buzima busanzwe ku binjyanye n’imyitozo ngororamubiri, imirire n’uburyo bareba televiziyo.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko n’ubwo kureba televiziyo igabanya ubushobozi bw’intanga imyitozo ngororamubiri yo igira akamaro mu kuzongerera ubushobozi, kuko yongera 73% ku bushobozi bwazo iyo umuntu uyikora nibura amasaha 15 ku cyumweru nk’uko bitangazwa na British Journal of Sports Medicine mu Bwongereza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages