Urugero ntiwakumva ukuntu wafata agapapuro wagashyira ku gahanga ugakira isepfu, cyangwa se wanywa amazi urembejwe n’umutwe ugakira utiriwe unywa ibinini.
Uretse ibi, hari uburyo bwinshi duhangana n’uburwayi tutifashishije imiti yo kwa muganga kandi akenshi ugasanga ubwo buryo bufashije uwabwitabaje, indwara yatakaga igakira atagiye ku ivuriro.
Ubu buryo benshi babwibazaho ndetse bamwe bakibaza uko byagenze ngo bukore koko. tugendeye kuri siyansi twakusanyije bumwe muri ubwo buryo bukoreshwa ndetse n’impamvu ituma bubasha kuvura uburwayi runaka bugakira.
– Gushyira umunyu ku gisebe
Kenshi uzabona abantu bafata umunyu bagashyira ku gisebe mu gihe bakomeretse bidakabije ndetse nyuma y’igihe gito ukabona cya gisebe cyumye koko.
Abahanga bavuga ko ibi biterwa no kuba umunyu ukamura amazi mu gisebe, ndetse ukabuza microbes kuba zakuriramo. Ibi birinda igisebe kuzana amashyira aterwa na za microbes bityo kigakira vuba.
– Gushyira inkari mu gutwi
Niba warigeze kubwira nyogokuru wawe ko agasimba kakugiye mu gutwi kakanga kuvamo, ashobora kuba yarakubwiye kugenda ukiherera ubundi ugashyira inkari zishyushye mu gutwi. Ibi bituma agasimba kabangamirwa n’ubushyuhe butunguranye ubundi kakisohora.
Uretse ibi ariko, inkari zizwiho kuba zigizwe n’ikinyabutabire kitwa ‘urea’, gifite ubushobozi bwo kwica microbes zitandukanye. Bityo, inkari zikoreshwa hamwe na hamwe mu buvuzi bw’indwara z’amatwi.
– Gushyira agapapuro gatose ku gahanga
Uzabona kenshi mu cyaro bashyira agapapuro gatose ku gahanga k’umwana urwaye isepfu. Icyo abahanga bise “distraction therapy”, ni uburyo bwo kurangaza ubwonko hagamijwe guhagarika ikorwa ry’ibinyabutabire bishinzwe ububabare. Kimwe n’ibi, agapapuro karangaza ubwonko bw’umwana bigahagarika isepfu.
– Kunywa amazi
Umuntu wese, yaba umukecuru cyangwa umusaza azi neza ko amazi avura umutwe. Kandi koko, amazi ni umuti usumba indi myinshi. Imwe mu mpamvu z’ibanze zitera umutwe ni ugutakaza amazi (dehydration). Ibi biba iyo umuntu yarize, yakoze siporo zikabije, yarutse ndetse n’ibindi.
Uburyo bw’umwimerere rero kandi budafite izindi ngaruka bwo gusubiza umubiri amazi watakaje, ni ukuyanywa, bityo umutwe ndetse n’izindi ndwara ziterwa n’ibura ryayo zikaba ziravuwe.
– Gushyira isukari ku bushye
Isukari ni kimwe mu bintu by’ibanze bifite ubushobozi bwo kugabanya ububabare. Uretse ibyo kandi isukari ishobora kumutsa igisebe bikakirinda za microbes zitera ubundi burwayi butandukanye. Ikindi gishobora gukoreshwa nk’isukari ni ubuki.
Si ubu buryo gusa bukoreshwa kuko kenshi usanga buri gace gafite umwihariko wako. Gusa mu gihe hakoreshwa ubu butabazi bw’ibanze bwo mu rugo, kwitwararika ni ingenzi.
Ni ngombwa kutibagirwa ko hari inzobere mu bijyanye n’ubuzima, bityo bikwiye kuzigana igihe cyose tubonye ko ubuzima buri mu kaga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!