Umuganga w’Inzobere mu kubaga indwara zifata ubwonko, umugongo n’imiti ibikomokaho, ukorera mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal no mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr. David Hakizimana, yabwiye IGIHE ko izo mpinduka zikunze gutangira kugaragara ku bafite imyaka 50.
Ati ‘‘Inshuro nyinshi bitangira kuboneka ku myaka 50 kuzamura, ariko hariho n’ibindi kubera uburyo umuntu aremwe, bibaho yewe no mu gihe akiri umwana.’’
Iyo myaka 50 ni yo ifatwa nk’ikigereranyo cy’ihariye umubare munini w’aho ubwonko bwa benshi butangira gusaziraho bikagaragara, ariko Dr. Hakizimana avuga ko hari n’indwara zitandukanye zishobora kwibasira umuntu ubwonko bwe bukaba bwasaza mbere y’icyo gihe.
Ati ‘‘Habaho indwara zifata ubwonko zigatuma tuvuga ngo burasaza cyangwa uturemangingo tw’ibanze tw’ubwonko tugapfa. […] ziri mu moko menshi, ziterwa n’uburyo umuntu aremye. Ugasanga umuntu uburyo aremye biba bizagera ku myaka runaka bikaza. Hari izijya zifata n’abana bakiri bato.’’
Uretse ikigero cy’imyaka umuntu agezemo, mu zindi mpamvu zishobora kugira uruhare mu gusaza k’ubwonko harimo kutarya amafunguro yuzuye, kunywa itabi, no kudakora imyitozo ngororamubiri.
Agahinda gakabije nako gashobora gutera indwara zo mu mutwe zirimo n’izitera kwibagirwa nk’ iya Alzheimer, na byo bikagira uruhare mu gusaza k’ubwonko ndetse n’izindi ndwara zirimo izibasira umutima n’imiyoboro y’amaraso n’izindi.
Dr. David Hakizimana ashishikariza Abaturarwanda kwisuzumisha n’iyo waba wumva utarwaye, kuko bitanga amahirwe yo kumenya ikibazo kare.
Ati ‘‘Icyo abantu bashobora kuzikorera ni ukuzimenya hakiri kare, kubona ibimenyetso tukazimenya hakiri kare tugaha umuntu ubufasha, butuma zidakura vuba. Kuko inyinshi ntabwo tuzazibonera umuti uzivura burundu.
‘‘Ahubwo dushobora gutanga ubufasha butuma niba uturemangingo tw’ibanze twapfaga ku muvuduko wo hejuru, dupfa ku muvuduko wo hasi cyane. Hari izindi n’iyo zimaze kugera ku rwego rwo hejuru, tugira ibyo tubasha kuzikorera.’’
Muri ibyo bikorwa, usibye imiti harimo no gukangura ubwonko hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga buzwi nka ‘Deep Brain Stimulation (DBS)’, ahafatwa akuma kazwi nka ‘Neurostimulator’ kakinjizwa mu bwonko, kakabukangura ku gipimo runaka bitewe n’cyashyizweho n’uri gukora ubuvuzi.
Ibyo biri mu bituma umuntu n’iyo yaba afite uburwayi budakira bushobora kumutera gusaza k’ubwonko, bimufasha kuba butamugwa nabi cyane ngo ubwonko bwe bukomeze gusaza ku kigero cyo hejuru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!