Kugira ngo ubu bushakashatsi bushya bugerweho, hasesenguwe ubushakashatsi mpuzamahanga bugera kuri 12 bujyanye n’iyi ngingo ndetse bwagiwemo uruhare n’abantu barenga ibihumbi 110.
Bwamuritswe mu Kinyamakuru cy’Ikigo cya Amerika cyigisha ibijyanye n’umutima, UGR ibufatanyamo n’iya Castilla yo muri Espagne na none, iya Redboud yo mu Buhorandi n’iya Iowa yo muri Amerika.
Uretse kugabanya umunaniro cyane ko kugenda intambwe 8000 ku munsi bifasha amaraso gutembera neza mu mubiri, bifasha kugabanya indwara zitandura nk’umutima, umuvuduko w’amaraso, umubyibuho ukabije, guturika k’udutsi tw’ubwonko, diabète yo mu bwoko bwa kabiri ndetse na kanseri zitandukanye.
OMS igaragaza ko kudakora imyitozo ngororamubiri ihagije, biri ku mwanya wa kane mu bitera impfu nyinshi.
Abantu miliyoni 41 buri mwaka bicwa n’indwara zitandura, barimo miliyoni 17 bapfa imburagihe ndetse 86% byabo bakomoka mu bihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere.
Kuri iyi nshuro aba bashakashatsi bavuga ko ku bashaka kugabanya ibyago byo kugira izo ndwara z’umutima, byibuze gukora intambwe 8000 buri munsi biri mu byabigabanya.
Aba bashakashatsi bagaragaza ko bidahagije gukora izo ntambwe ugenda bisanzwe ahubwo n’umuvuduko umuntu agenderaho na wo ufite uruhare runini mu kurwanya bya byago, bakagaragaza ko kuzikora wihuta ari byiza kurusha kugenda gake.
Indwara z’umutima ni zimwe mu zihangayikishije cyane, aho kugeza uyu munsi habarurwa abarenga miliyoni 20,5 mu Isi bicwa na zo cyane cyane mu bihugu biri mu nzira y’Amajyambere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!