Izi mbeba zifite uburebure bwa sentimetero 90, zazanywe muri Tanzania n’Umuryango w’Ababiligi ukora ibikorwa by’urukundo (APOPO) mu 2009, hagamijwe gutanga igisubizo ku kibazo cy’uko gupima igituntu hifashishijwe ibindi bikoresho muri iki gihugu bihenda.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe igituntu muri APOPO, Lena Fiebig, yavuze ko izi mbeba zatanze umusaruro, ku buryo byatumye bagira imbaraga zo kongera umusanzu batanga mu gupima iki cyorezo gihitana abatari bake. Izi mbeba zipima zikoresheje kwihumuriza.
Nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika, izi mbeba zabanje gutozwa zifite ubushobozi bwo gupima ibikororwa by’abantu 100 mu minota 20 gusa, mu gihe mu bisanzwe igisubizo kiboneka nyuma y’iminsi ine.
Izi mbeba ziswe HeroRATs zihabwa imyitozo ikomeye itangira zimaze ibyumweru bine zivutse kugira ngo zidacika intege iyitwaye neza igahembwa umuneke.
Umuryango APOPO uvuga ko izi mbeba zamaze kugezwa muri Mozambique na Ethiopia, aho zifasha mu guhangana n’igituntu, mu gihe mu bihugu birimo Cambodia na Colombia zifashishwa mu kumenya ahari ibisasu.
Nubwo igituntu ari indwara ivurwa igakira kandi ishobora kwirinda, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima , OMS, rigaragaza ko kiza mu byorezo bihitana abantu benshi ku isi aho mu 2016, cyishe abagera kuri miliyoni 1.7.
Tanzania iza mu bihugu 30 ku Isi bibarwa nk’ibifite abaturage benshi barwaye igituntu, aho bikekwa ko mu bantu ibihumbi 100, 287 baba bakirwaye ariko batabizi.



















TANGA IGITEKEREZO