00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hari abo ibiyobyabwenge bitera kwivuriza i Ndera

Yanditswe na

Jotham Ntirenganya

Kuya 11 December 2012 saa 12:00
Yasuwe :

Urwego rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Polisi y’u Rwanda ruratangaza ko mu mwaka wa 2011 mu bantu bivuje ku bitaro bivura abafite ubumuga bwo mu mutwe, 22.6% muri bo ari abakoresheje ibiyobyabwenge.
Muri uwo mwaka wa 2011 abafatanywe ibiyobyabwenge Polisi ivuga ko ari 3384.
Urubuga rwa Polisi ruvuga ko 2 566 muri bo usanga ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35.
Umuyobozi w’agashami ka Polisi gashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, Supt. Emmanuel Ngondo, avuga ko nubwo iyi (…)

Urwego rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Polisi y’u Rwanda ruratangaza ko mu mwaka wa 2011 mu bantu bivuje ku bitaro bivura abafite ubumuga bwo mu mutwe, 22.6% muri bo ari abakoresheje ibiyobyabwenge.

Muri uwo mwaka wa 2011 abafatanywe ibiyobyabwenge Polisi ivuga ko ari 3384.

Urubuga rwa Polisi ruvuga ko 2 566 muri bo usanga ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35.

Umuyobozi w’agashami ka Polisi gashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, Supt. Emmanuel Ngondo, avuga ko nubwo iyi mibare ari myinshi Polisi yahagurukiye ikibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Ati ”Turabirwanya twivuye inyuma.”

Magingo aya abasaga 39 batawe muri yombi mu Karere ka Kamonyi bakekwaho ibiyobyabwenge n’ubuzererezi, ndetse bamwe muri bo bafatanywe ibipfunyika 1120 by’urumogi.

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS uvuga ko abantu barenga miliyoni 200 bakoresha ibiyobyabwenge buri mwaka, naho abagera kuri miliyoni ebyiri n’igice bagahitanwa n’indwara ziva kuri ibyo biyobyabwenge.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages